• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Indirimbo ya Kesha iteje impaka hagati ye na White House

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
March 3, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Kesha ari mu mpaka n’Ubutegetsi bwa White House nyuma yo kuvuga ko indirimbo ye “Blow” yakoreshejwe mu mashusho agaragaza ibikorwa bya gisirikare nta burenganzira yatanze.

Ibi byatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku wa 2 Werurwe 2026, ubwo amashusho yashyizwe kuri TikTok agaragaza indege z’intambara ziguruka mu kirere, ari kumwe n’iyo ndirimbo yasohotse mu 2010.

Nyuma yo kuyabona, Kesha yagaragaje kutishimira ikoreshwa ry’umuziki we muri ayo mashusho.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga zirimo Instagram, yavuze ko atigeze yemera ko indirimbo ye ikoreshwa mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa by’intambara.

Yagize ati: “Natunguwe no kubona indirimbo yanjye ikoreshwa mu mashusho ashishikariza urugomo. Umuziki wanjye ntabwo ugamije guteza intambara cyangwa kuyishyigikira.”

Aya magambo yahise akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, atuma benshi batangira kuganira ku buryo umuziki w’abahanzi rimwe na rimwe ukoreshwa mu bikorwa bya politiki cyangwa bya gisirikare batabyemeye.

Mu gusubiza ibyo Kesha yavuze, umuyobozi ushinzwe itumanaho muri White House, Steven Cheung, yavuze ko kunenga kw’abahanzi ku mbuga nkoranyambaga akenshi bituma amashusho arushaho kurebwa n’abantu benshi.

Ati: “Iyo abahanzi batangiye kunenga ibintu nk’ibi, bituma abantu benshi barushaho gushaka kureba ayo mashusho.”

Ibi bibaye mu gihe Donald Trump aherutse kuvuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri mu bikorwa bya gisirikare bikomeye byakorewe muri Iran ifatanyije na Israel.

Nubwo White House itigeze itangaza niba yarasabye uburenganzira bwo gukoresha iyo ndirimbo, amagambo ya Kesha yateje impaka ku ikoreshwa ry’umuziki w’abahanzi mu bikorwa bya politiki n’ibya gisirikare.

Si ubwa mbere umuhanzi agaragaje kutishimira ikoreshwa ry’indirimbo ze mu bikorwa bya politiki.

 Mbere yaho, umuhanzikazi Olivia Rodrigo na we yigeze kwamagana ikoreshwa ry’indirimbo ye mu mashusho yamamaza ibikorwa by’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika U.S. Immigration and Customs Enforcement. Ibi byose bikomeje gutuma havugwa cyane ku burenganzira abahanzi bagira ku muziki wabo n’uko ugomba gukoreshwa mu ruhame

Share2Tweet1Send
Previous Post

Eddy Kenzo yasubije Lil Pazo wamushinje kudafasha abahanzi bagenzi be

Next Post

Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
12 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
13 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
17 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Element Eleeh agiye gutaramira i Kampala mu gitaramo cya Comedy Store

Element Eleeh agiye gutaramira i Kampala mu gitaramo cya Comedy Store

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.