Umuhanzikazi w’Umunyamerika Kesha ari mu mpaka n’Ubutegetsi bwa White House nyuma yo kuvuga ko indirimbo ye “Blow” yakoreshejwe mu mashusho agaragaza ibikorwa bya gisirikare nta burenganzira yatanze.
Ibi byatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku wa 2 Werurwe 2026, ubwo amashusho yashyizwe kuri TikTok agaragaza indege z’intambara ziguruka mu kirere, ari kumwe n’iyo ndirimbo yasohotse mu 2010.
Nyuma yo kuyabona, Kesha yagaragaje kutishimira ikoreshwa ry’umuziki we muri ayo mashusho.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga zirimo Instagram, yavuze ko atigeze yemera ko indirimbo ye ikoreshwa mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa by’intambara.
Yagize ati: “Natunguwe no kubona indirimbo yanjye ikoreshwa mu mashusho ashishikariza urugomo. Umuziki wanjye ntabwo ugamije guteza intambara cyangwa kuyishyigikira.”
Aya magambo yahise akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, atuma benshi batangira kuganira ku buryo umuziki w’abahanzi rimwe na rimwe ukoreshwa mu bikorwa bya politiki cyangwa bya gisirikare batabyemeye.
Mu gusubiza ibyo Kesha yavuze, umuyobozi ushinzwe itumanaho muri White House, Steven Cheung, yavuze ko kunenga kw’abahanzi ku mbuga nkoranyambaga akenshi bituma amashusho arushaho kurebwa n’abantu benshi.
Ati: “Iyo abahanzi batangiye kunenga ibintu nk’ibi, bituma abantu benshi barushaho gushaka kureba ayo mashusho.”
Ibi bibaye mu gihe Donald Trump aherutse kuvuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri mu bikorwa bya gisirikare bikomeye byakorewe muri Iran ifatanyije na Israel.
Nubwo White House itigeze itangaza niba yarasabye uburenganzira bwo gukoresha iyo ndirimbo, amagambo ya Kesha yateje impaka ku ikoreshwa ry’umuziki w’abahanzi mu bikorwa bya politiki n’ibya gisirikare.
Si ubwa mbere umuhanzi agaragaje kutishimira ikoreshwa ry’indirimbo ze mu bikorwa bya politiki.
Mbere yaho, umuhanzikazi Olivia Rodrigo na we yigeze kwamagana ikoreshwa ry’indirimbo ye mu mashusho yamamaza ibikorwa by’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika U.S. Immigration and Customs Enforcement. Ibi byose bikomeje gutuma havugwa cyane ku burenganzira abahanzi bagira ku muziki wabo n’uko ugomba gukoreshwa mu ruhame







