• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, March 6, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

“Ibintu bimeze neza” – Kimenyi aracecekesha abavuga urugo rwe

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 6, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma y’igihe kinini urugo rwa Kimenyi Yves na Miss Muyango Claudine ruvugwa ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru, uyu munyezamu wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda yahisemo guca amarenga, ariko mu magambo macye.

Mu kiganiro yagiranye n’inshuti ye Yago Pon Dat kuri TikTok mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, Kimenyi ntiyari yagiye kuvuga iby’urugo, ahubwo yari yagiye kuvuga ku rugendo rwe mu mupira n’ubucuruzi bushya yatangiye bwo gutumiza no gucuruza imodoka azikuye mu Bushinwa.

Icyakora, nk’uko bisanzwe, abari bakurikiye ikiganiro ntibari bafite inyota yo kumenya iby’imodoka, ahubwo bashakaga kumenya aho urugo rwe rugeze.

Yago Pon Dat wari uyoboye ikiganiro yahisemo kumusigira ijambo, amwibutsa ko ari uburenganzira bwe kuvuga cyangwa guceceka ku buzima bwe bwite, ariko ko abantu benshi bafite amatsiko ku mubano we na Miss Muyango.

Uwase Muyango Claudinne akiri mu bihe byiza na Kimenyi Yves. Ariko hari icyizere ko bashobora gusubirana

Mu gusubiza, Kimenyi ntiyigeze yinjira mu bisobanuro byinshi. Mu magambo macye kandi asobanutse yagize ati:
“Ibyo ng’ibyo byose rwose nta kintu mbivugaho pe pe pe. Gusa, ibintu bimeze neza.”

Aya magambo macye ni yo yahise akwira ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bayafashe nk’uburyo bwo gucecekesha ibihuha bimaze igihe bivugwa.

Ibi bibaye nyuma y’amagambo aherutse gutangazwa na Miss Muyango Claudine ku rubuga rwa TikTok, aho yavuze ko muri iki gihe yibanze ku gushaka amahoro yo mu mutima no kwishakira amafaranga, agaragaza ko yanyuze mu bihe bikomeye mu rukundo.

Yagize ati: “Iby’abagabo narabibonye, narakunze, ndakunda, ariko aho byangejeje nari mpfuye.”

Aya magambo ye ni yo yongeye gukongeza ibitekerezo bya benshi, bamwe batangira kwibaza niba koko urugo rwabo rugihagaze.

Gusa ku ruhande rwa Kimenyi, yahisemo kutinjira muri ayo magambo, ahubwo ashimangira ko “ibintu bimeze neza.”

Mu gihe ibyamamare bikunze kwisanga ubuzima bwabyo bwite buri ku karubanda, hari abahitamo gusobanura buri kantu, abandi bagahitamo guceceka. Kuri Kimenyi, guceceka ni ko yahisemo, ariko akabishyira ku murongo mu nteruro imwe gusa.

Iyi nkuru yongeye kugaragaza uko ubuzima bw’ibyamamare bukurikiranwa umunsi ku wundi, aho rimwe na rimwe amagambo make ashobora gusobanura byinshi kurusha ibisobanuro birebire.

Ku bakurikiranira hafi ubuzima bwa Kimenyi na Muyango, ayo magambo ashobora kuba yarabahaye igisubizo bari bamaze igihe bashaka: ko n’ubwo byinshi bivugwa, bo ubwabo bavuga ko ibintu bimeze neza.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Grace Khan yisobanuye ku byamujyanye muri rehab

Next Post

Princess Lover ategerejwe i Kigali ku munsi w’abakundana

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
5 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
6 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
10 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Princess Lover ategerejwe i Kigali ku munsi w’abakundana

Princess Lover ategerejwe i Kigali ku munsi w’abakundana

Bruce Melodie yagaragarije Perezida Paul Kagame ikibazo cya monetization ku bakoresha imbuga nkoranyambaga

Bruce Melodie yagaragarije Perezida Paul Kagame ikibazo cya monetization ku bakoresha imbuga nkoranyambaga

Davido yatangaje ko ashobora kurekera kongera guhatana mu bihembo bya grammy

Davido yatangaje ko ashobora kurekera kongera guhatana mu bihembo bya grammy

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.