• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

Elon Musk yavuze ko agiye kubaka umujyi ku kwezi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
February 10, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma yo kuvuga kenshi ko ikigo cye SpaceX kizagera kuri Mars mu mwaka wa 2026, umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk yongeye gutungura benshi atangaza ko ubu icyibandwaho cyane ari kubaka umujyi ku kwezi.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X ku Cyumweru, Musk yavuze ko SpaceX iri guhindura icyerekezo igashyira imbaraga mu kubaka umujyi ku kwezi, aho kwihutira kujya kuri Mars.

Yagize ati: “Kugera kuri Mars bishoboka gusa buri mezi 26 kandi urugendo ruhafata hafi amezi atandatu. Ariko ku Kwezi, dushobora kujyayo buri minsi 10 mu rugendo rw’iminsi ibiri, bikadufasha kwihuta mu iterambere no kurangiza kubaka umujyi waho mbere ya Mars.”

Ibi Musk atangaje bitandukanye cyane n’ibyo yari yaravuze mbere, aho mu 2020 yari yemeje ko SpaceX izageza abantu kuri Mars bitarenze 2026. Icyo gihe yari yagize ati: “Nituramuka tugize amahirwe, bishobora gufata imyaka ine gusa. Turifuza kohereza icyogajuru kidafite abantu mu myaka ibiri iri imbere.”

Gusa SpaceX imaze kumenyekana ku mishinga minini ikunda gutinda kubera ingorane z’ikoranabuhanga n’amabwiriza mpuzamahanga. Ibi byongeye kugaragara mu cyumweru gishize, ubwo hamenyekanaga ko ubutumwa bwa Artemis 2, bugamije kohereza abantu ku kwezi ku nshuro ya mbere mu myaka irenga 50, bwongeye gusubikwa.

Nubwo bimeze bityo, Elon Musk yavuze ko Mars itavanywe mu migambi, ahubwo ko kubaka umujyi kuri uwo mubumbe bizatangira mu myaka itanu kugeza kuri irindwi iri imbere. Ati: “Intego nyamukuru ni ukurinda ejo hazaza h’iterambere ry’abantu, kandi ku kwezi ni ho dushobora kwihuta kurusha ahandi.”

Mu cyumweru gishize kandi, Musk yatangaje ko SpaceX igiye kwegukana xAI, ikigo cye cy’ubwenge bw’ubukorano (AI) cyakoze ikoranabuhanga rya Grok. Muri Werurwe 2025, xAI yari yamaze kugura urubuga nkoranyambaga X.

Musk yasobanuye ko uku kwishyira hamwe kwa SpaceX na xAI kuzabyara “Uruganda rukomeye cyane rw’udushya rufatanye kuva ku isi kugera mu isanzure, ruhuza AI, roketi, internet yo mu isanzure, itumanaho rigerwaho kuri telefone n’urubuga rukomeye rw’itangazamakuru rwigenga.”

Mu nyandiko yasohoye, Musk yanavuze ko afite umugambi wo kubaka ibigo byikorera n’inganda ku kwezi, ndetse n’umuco w’abantu wuzuye kuri Mars mu gihe kiri imbere.

Share2Tweet1Send
Previous Post

‘Bwa mbere’ mu Rwanda abaganga babaze indwara y’igicuri ‘yari yarananiye imiti’

Next Post

Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: igomba kuba igikoresho

Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: igomba kuba igikoresho

by Alex RUKUNDO
7 days ago

Mu gihe isi igenda itera imbera mu ikoranabuhanga rishingiye kuri Artificial Intelligence (AI), hagenda havuka amahirwe n’ibibazo bishya ku buhanzi...

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Kwamamaza no gukoresha ubwenge bukorano (AI) byahinduye uburyo dushaka amakuru. Ariko hari ikibazo gikomeye kiri kuvuka: birashoboka ko umuntu wese...

VAR yageze mu Rwanda kuri stade Amahoro muri ¼ cya CAF Champions League

VAR yageze mu Rwanda kuri stade Amahoro muri ¼ cya CAF Champions League

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF), yemeje ko imikino ya ¼ cya CAF Champions League izakinwa...

Next Post
Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Uburyo butanu bwagufasha kugabanya umunaniro kugirango ubone ibitotsi

Uburyo butanu bwagufasha kugabanya umunaniro kugirango ubone ibitotsi

Kuki Bruce Melodie na The Ben bahisemo ubufatanye aho gukomeza guhangana?

Kuki Bruce Melodie na The Ben bahisemo ubufatanye aho gukomeza guhangana?

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.