• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, March 6, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Element Eleeh agiye gutaramira i Kampala mu gitaramo cya Comedy Store

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
March 3, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi akaba n’utunganya indirimbo ukomoka mu Rwanda Element Eleeh akomeje kwagura ibikorwa bye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho ategerejwe gutaramira i Kampala muri Uganda mu gitaramo gikomeye cya Comedy Store.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba muri Werurwe 2026 kuri UMA Showgrounds, kikaba kizahuriza hamwe abahanzi n’abanyarwenya batandukanye mu rwego rwo gususurutsa abazaba bizihiza Umunsi Mukuru wa Eid usoza ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan.

Element Eleeh azahurira ku rubyiniro n’abahanzi bakomeye bo muri Uganda barimo Sheebah Karungi, Rema Namakula, King Saha, Maddox Ssematimba ndetse na Haruna Mubiru.

Ni igitaramo kizahuza umuziki n’urwenya, aho abazacyitabira bazasusurutswa n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda barimo Madrat & Chiko, MC Mariachi ndetse na Amooti Omubalanguzi.

Iki gikorwa kizayoborwa n’umunyarwenya Alex Muhangi, umwe mu bashinze iki gitaramo kimaze kuba icyamamare i Kampala kubera guhuza abahanzi bakomeye n’abanyarwenya mu ijoro rimwe ry’imyidagaduro.

Comedy Store imaze imyaka itari mike ikundwa cyane mu murwa mukuru wa Uganda, aho iba urubuga rwo guhuza abanyarwenya n’abahanzi bakomeye ndetse n’abakizamuka mu muziki wo mu karere.

Ku ruhande rwa Element Eleeh, kwitabira iki gitaramo ni indi ntambwe ikomeye mu gukomeza kumenyekanisha izina rye hanze y’u Rwanda.

 Uyu muhanzi amaze igihe agaragara mu mishinga itandukanye y’umuziki, haba mu gutunganya indirimbo no kuziririmba.

Kugaragara mu gitaramo gikomeye nk’iki kiri mu bizamufasha kurushaho kumenyekana mu gihugu cya Uganda no mu karere muri rusange, cyane ko azahurira ku rubyiniro n’abahanzi bakomeye bafite abakunzi benshi.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Next Post

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
6 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
7 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
11 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

“Ubuyobozi bwa Bobi Wine bwatangiriye muri Ghetto” – Buchaman

"Ubuyobozi bwa Bobi Wine bwatangiriye muri Ghetto" - Buchaman

Salvador na Teacher Mpamire biteguye gusetsa Kigali

Salvador na Teacher Mpamire biteguye gusetsa Kigali

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.