Umunya-Israel, Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Nice Métropole Côte d’Azur (NSN), ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda katangiriye i Rukomo mu karere ka Gicumbi gasorezwa i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6.
Iri siganwa riri kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga ryatangiye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, aho abakinnyi 87 bo mu makipe 17 bahagurutse Saa Tanu za mu gitondo. Babanje kugendera hamwe ibilometero 2,1 mbere y’uko isiganwa ritangira byeruye.
Mu ntangiriro, abakinnyi batanu barimo Da Silva wa Localiza, Heidemann wa Rembe, Teweldbrhan wa May Stars, Nkundabera Eric wa Team Rwanda na Uwiduhaye Mike wa Bénédiction bahise bacika igikundi. Gusa uko intera yagendaga yiyongera, igikundi cyakurikiyeho cyagiye kigabanya umwanya.
Amanota ya mbere y’umusozi yatangiwe i Gatsibo ku kilometero cya 32,8 yegukanwa na Heidemann, akurikirwa na Da Silva, mu gihe Uwiduhaye yabaye uwa gatatu. Ku Sprint ya mbere i Nyagatare (km 72,6), Henrique da Silva wa Localiza ni we wabaye uwa mbere.
Mu bilometero bya nyuma, igikundi cyihutishije umuvuduko, gifata abari bayoboye isiganwa. Byarangiye aka gace gasojwe mu sprint ikomeye, Einhorn atsinda bagenzi be ku murongo wa nyuma.
Yakoresheje amasaha ane, amasegonda atanu n’amatsiyerise abiri, asiga Munoz Gabina Hodei wa Soudal Quick Step Devo Team amatsiyerise 13, mu gihe Girmay Mewael wa Istanbul Team yasizwe 15.
Einhorn yahise yambara umwambaro w’umuhondo, aba atwaye agace ka gatatu muri iri siganwa nyuma y’ako yegukanye mu 2024 i Kayonza n’i Nyaruguru.

Mu bakinnyi b’Abanyarwanda, Muhoza Eric wa Team Amani ni we waje hafi, asigwa amatsiyerise 86. Isiganwa rirakomeza kuri uyu wa Mbere hakinwa agace ka kabiri kazava mu Bugesera kerekeza i Huye ku ntera y’ibilometero 134,6.










