Eddy Kenzo yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye cyo gusubira mu ishuri, aho ubu ari gukurikira amasomo muri kaminuza.
Uyu muhanzi inshuro nyinshi yagiye avuga ku buzima bwe, aho yagiye avuga ko akiri umwan yagiye ahura n’ibibazo bikomeye ndetse yakunze ku mvikana kenshi avuga yakuriye ku muhanda. Ati: “Urugendo rw’ubuzima bwanjye nyiri muto bwari bwuzuyemo agahunda n’umubabaro.”
Yakomeje avuga ko amashuri ye yo mu bwana atayize neza nk’uko byakabaye. Yasobanuye ko yagiye asimbuka bimwe mu byiciriro by’amashuri, yongeyeho ko muri ibyo byicirro yasimbutse byatumye atabona impamyabumenyi zeme ko yabiciyemo, ibintu avuga ko ubu yumva akeneye gukosora.
Ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru Kawalya Isaac Kaiyz, Kenzo, nk’umwe wegukanye igihembo cya Bet Awards, yavuze ko gusubira mu ishuri kwe ko ntaho bihuriye na politiki, bityo ashyira umucyo ku bihuha byari bimaze iminsi bivugwa.
Yagize ati: “Sinigeze ntekereza kuza hatanira umwanya uwo ari wo wose muri politiki, abantu ntibakwiye ku binyitegaho, kuri njye sinabikora. Kandi siu ko ntabumenyi mfite cyagwa ntujuje ibisabwa ‘oya’. Nasubiye ku ishuri nk’umutu ukeneye kwiyungura ubumenyi no gusubiramo ibyiciro by’amashuri nari narasimbutse, none ubu ndi kwiga muri kaminuza.”
Kenxo yasobanuye ko iki cyemezo yagifashe ku mpamvu ze bwite, kandi ko gishingiye ku nshingano afite nk’umubyeyi n’umuntu wifaza kuzagira ejo hazaza heza, aho kwiyereka abantu gusa.
Yunzemo ko ashaka kubera abana be urugero rwiza, ndetse akanategura uko azabaho mu gihe azaba atagishoboye gukora umwuga w’ubuhanzi.
Uyu muhanzi yongeyeho ko amasomo ari kwiga amufasha kwitegura imyaka iri imbere, cyane cyane mu bijyanye no gucunga neza imishinga ye y’ubucuruzi n’ishoramari rirambye.
Nubwo atigeze avuga amasomo ari kwiga, Kenzo yavuze ko ubutumwa ahaka gutanga kandi bukomeye n’uko kwiga bitagira iherezo.
Yagize ati: “Buri gisekuru gifite ingeno ryacyo. Sinzajya ku rubyiniro iteka ryose. Hari gihe kigera ukarekera kwamamara no gukundwa cyagwa ugasaza ntube Wabasha kogera kwinyeganyeza.”







