• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Doja Cat: Inkuru y’ubuzima bwe mbere yo kuza i Kigali

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 14, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe biteganyijwe ko ku wa 17 Werurwe 2026 azataramira i Kigali muri Move Afrika, Doja Cat akomeje kuvugisha benshi. Ni umwe mu bahanzi b’igitsinagore bagezweho ku Isi, ariko inyuma y’icyamamare cye hari amateka arimo urugamba, impinduka n’amasomo akomeye.

Amazina ye bwite ni Amala Ratna Zandile Dlamini.

Yavutse ku babyeyi bafite inkomoko zitandukanye: se ni Dumisani Dlamini, umukinnyi wa filime wo muri Afurika y’Epfo, naho nyina Deborah Elizabeth Sawyer akaba umunyabugeni w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Israel.

Nubwo akomoka ku muryango w’abahanzi, Doja Cat ntiyakuranye na se kuko yasize umuryango we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asubira muri Afurika y’Epfo akiri muto.

Yakuze arerwa na nyina, anamara igihe abana na nyirakuru i New York mbere yo gusubira muri California afite imyaka umunani.

Aho ni ho yatangiye gukunda ubuhanzi, by’umwihariko kubyina no kuririmba.

Yaje no kugerageza ishuri ryihariye ryigisha ubuhanzi rya The Ramon C. Cortines School of Visual and Performing Arts, ariko arivamo afite imyaka 16 kubera kujagarara no kutamenya neza icyo ashaka mu buzima.

Izina “Doja Cat” rifite inkomoko idasanzwe.

Yigeze kuvuga ko akiri muto yari yarabaswe n’urumogi (marijuana), aho “Doja” ryari izina rikoreshwa mu muhanda baryita, akongeraho “Cat” kubera urukundo yakundaga injangwe.

Icyakora, mu myaka ishize yagaragaje ko yavuye mu buzima bwo kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga nyinshi, ndetse mu 2025 atangaza ko yatangiye gahunda yo kwivuza no kwiyitaho.

Urugendo rwe rwa muzika rwatangiye mu 2012, ashyira indirimbo ye ya mbere kuri SoundCloud.

Nyuma y’umwaka umwe yasohoye EP yise Purrr!, atangira kumenyekana nk’umuraperi ukizamuka i Los Angeles. Mu 2018 yasohoye album ye ya mbere Amala, ariko indirimbo “Mooo!” ni yo yamumenyekanishije cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Izina rye ryarushijeho kuzamuka mu 2019 asohoye album Hot Pink, by’umwihariko indirimbo “Say So” yasubiranyemo na Nicki Minaj.

Mu 2021 yasohoye Planet Her, yamushimangiye nk’umwe mu bahanzikazi bakomeye ku Isi.

Mu mibare y’igurishwa ry’umuziki, Doja Cat abarirwa miliyoni zisaga 34 z’inyandiko zaguzwe hagati ya 2018 na 2022.

Yegukanye Grammy imwe mu bihembo 19 yahataniye, Billboard Music Awards esheshatu, American Music Awards eshanu n’ibindi byinshi.

Nubwo yahuye n’ibigeragezo birimo umubano utari mwiza na se n’ibihe byo kubatwa n’ibiyobyabwenge, Doja Cat yagaragaje ko impano ishobora gutsinda inzitizi.

Uyu munsi ni umwe mu bahanzikazi bahagaze neza mu njyana ya Hip-hop na Pop mu kinyejana cya 21.

Doja Cat ngo yigeze kubatwa n’ibiyobyabwenge ari nabyo byabaye intandaro yo kwiyita Cat

Ubu ari mu bitaramo byo kumenyekanisha album ye nshya yise “Tour Ma Vie”, urugendo ruzamugeza no i Kigali.

 Ku mukobwa wavuze ko atewe ishema no gukomoka muri Afurika y’Epfo, gutaramira ku mugabane akomokaho ni indi ntambwe ikomeye mu mateka ye—yuzuyemo impinduka, kwiyubaka no gutsinda ibigeragezo.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Umunsi w’agakingirizo n’Umunsi w’abakundana: Baguhe agakingirizo cyangwa indabo?

Next Post

Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

Geosteady yahinyuje Prima ku byo “kutamusoma” mu myaka 8

Geosteady yahinyuje Prima ku byo “kutamusoma” mu myaka 8

Ubuhanga bwa Kivumbi King na Rumaga bwabyajwe igisigo kidasanzwe

Ubuhanga bwa Kivumbi King na Rumaga bwabyajwe igisigo kidasanzwe

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.