Umuhanzikazi w’ikirangire ku Isi, Céline Dion, yari yaririmbye mu ndirimbo ya Patrick Norman yasubiyemo yise “Quand on est en amour” irimo abahanzi Nyarwanda ndetse n’abo muri Canada, ariko ntiyabashije kuyisoza bitewe n’uburwayi.
Iyi ndirimbo yakozwe ku bufatanye n’abahanzi barenga 130 bo muri Canada n’u Rwanda, ikaba yamuritswe ku mugaragaro mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, mu muhango wabereye muri Kigali Universe.
Mu Ukuboza 2022, Céline Dion yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko arwaye indwara idasanzwe yibasira ubwonko, avuga ko yamaze igihe kinini arwana n’ibibazo by’amagara ye. Ibi byatumye ahagarika ibitaramo yari afite, ndetse agaragara mu ruhando rw’abahanzi bigabanuka cyane.
Nubwo muri Kamena 2024 yatangaje ko agarutse mu muziki, yaje gukomeza guhangana n’ibibazo by’ubuzima, ibyatumye atabashije gukomeza umushinga w’indirimbo ya Patrick Norman.
Umunyamakuru Khamiss Sango wa Radio/TV10, wari uyoboye umuhango wo kumurika iyi ndirimbo, yavuze ko Céline Dion yari yatangiranye n’ikorwa ry’iyi ndirimbo mu ntangiriro, ariko kubera uburwayi ntiyabashije kuyirangiza.

Yagize ati “Iyi ndirimbo n’ubwo mubona isohotse aka kanya, umuhanzikazi Celine Dion yari ayirimo ariko yakomeje kugwara biba impamvu yatumye atayigaragaramo nk’uko mubibonye. Ariko harimo Christian usanzwe utunganyiriza amajwi Céline Dion yabanye n’aba bahanzi abatunganyiriza amajwi mu buryo budasanzwe. Ni indirimbo igiye kubaka amateka akomeye.”
Ku ruhande rw’u Rwanda, mu bahanzi bagize iyi ndirimbo harimo Bruce Melodie, Bwiza, Butera Knowless, Marina, Juno Kizigenza, King James, na Nicole Musoni, naho Producer Loader wo muri 1:55 AM yagize uruhare rukomeye mu gufata amajwi.
Ku ruhande rwa Canada, abahanzi barimo Bruno Pelletier, Paul Daraîche, Mitsou, Paul Piché, 2Frères, René Simard, Breen Leboeuf, Mahée Paiement, Martin Deschamps, Éléonore Lagacé, Guy Jodoin, Vincent Leclerc, Sara Dufour, na Claudette Dion nabo bagize uruhare muri iyi ndirimbo.

Patrick Norman, waherukaga gusura u Rwanda mu Ukwakira 2023 ku nshuro ye ya mbere, yatangije uyu mushinga afatanyije n’Institut La Voix des Profondeurs yo mu Karere ka Rutsiro na Projet Québec-Afrique yo muri Canada.
Intego nyamukuru ni ukuhuza ibihugu bya Afurika na Canada binyuze mu muziki no guteza imbere ibikorwa by’ubugiraneza, aho amafaranga azava muri iyi ndirimbo azakoreshwa mu gufasha Abanyarwanda n’abandi banyafurika.
Indirimbo “Quand on est en amour”, yasohotse bwa mbere mu 1984, ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu njyana ya Country na Pop mu Gifaransa, ivuga ku buzima bw’urukundo nyakuri, ibyishimo n’agakiza kaje gukurikirana abari mu rukundo. Yafashije Patrick Norman kwagura izina rye muri Canada no ku rwego mpuzamahanga, ndetse ikomeje gusubirwamo n’abandi bahanzi kugeza n’ubu.

Céline Dion, wahoze azwiho indirimbo zakunzwe nka My Heart Will Go On, The Power of Love, na Because You Loved Me, ni umwe mu bahanzi b’icyamamare ku Isi, akaba azwiho ijwi rikomeye rihumuriza kandi rikagira ubushobozi bwo gukurura imitima y’abakunzi b’umuziki.
Nubwo atagaragaye muri iyi ndirimbo, uruhare rwe mu ntangiriro z’umushinga n’amateka ye mu muziki byongerera agaciro uyu mushinga w’indirimbo ya Patrick Norman.
Céline Dion yakoze ibitaramo bikomeye ku isi hose, harimo muri Las Vegas aho yabaye umuhanzi w’igihe kirekire, ndetse agira uruhare runini mu bitaramo mpuzamahanga byiganjemo abaterankunga n’abakunzi b’umuziki.
Uyu muhanzikazi kandi azwiho kuba umuhanga mu ndirimbo z’urukundo, aho ubutumwa bwazo bwuzuyemo ibyishimo, intimba n’urukundo nyakuri, bikurura imitima y’abakunzi b’umuziki. Ibi byatumye indirimbo ze zikoreshwa cyane mu bukwe no mu birori by’urukundo.







