Nyuma y’imyaka ine ahanganye n’indwara idasanzwe yamugizeho ingaruka zikomeye ku buzima n’umwuga we w’ubuhanzi, umuririmbyi w’icyamamare ku isi Celine Dion yatangaje ko yiteguye kongera gutaramira abafana be.
Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo z’amarangamutima zikunzwe cyane zirimo My Heart Will Go On na Because You Loved Me, yavuze ko agiye kugaruka mu bitaramo bizabera mu Bufaransa. Biteganyijwe ko azataramira mu bitaramo 10 bizakurikirana muri Paris La Défense Arena, inzu y’imyidagaduro ishobora kwakira abantu bagera ku 40,000.
Ibi bitaramo bizaba mu mezi ya Nzeri n’Ukwakira uyu mwaka, bikaba ari imwe mu ngaruka zishimishije ku bafana be bamaze igihe kirekire bategereje kongera kumubona ku rubyiniro.
Yatangaje kugaruka ku isabukuru ye
Celine Dion yatangaje aya makuru mu gihe yizihizaga isabukuru y’amavuko y’imyaka 58. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, yavuze ko kugaruka kwe ku rubyiniro ari kimwe mu bintu by’ingenzi cyane byamubayeho nyuma y’igihe kirekire arwaye.

Yagize ati: “Kugaruka ku rubyiniro ni impano nziza kurusha izindi mu buzima bwanjye.”
Yakomeje abwira abafana be ko nubwo akomeje kwitwararika ubuzima bwe, yumva afite imbaraga zo kongera gukora ibyo akunda.
Ati: “Nditeguye cyane, ndumva meze neza kandi mfite imbaraga. Ndishimye cyane nubwo nanone mfitemo ubwoba buke, ariko ndakomeza kwita ku buzima bwanjye.”
Yashimiye cyane abafana be bamushyigikiye mu bihe bikomeye, avuga ko inkunga yabo yamubereye imbaraga zo gukomeza kwiyubaka.
Ati: “Mu myaka ishize yose, buri munsi numvaga amasengesho n’inkunga byanyu. Ubugwaneza n’urukundo mwanyeretse byamfashije cyane. Ndabashimira mwese.”
Indwara idasanzwe yamubujije kuririmba
Mu 2022 ni bwo Celine Dion yatangaje ko arwaye indwara idasanzwe yibasira ubwonko izwi nka Stiff Person Syndrome (SPS). Iyi ndwara ituma imikaya igagara cyane kandi bikagira ingaruka ku kugenda, ku ijwi ndetse no ku bushobozi bwo kuririmba.
Iyo ndwara ni imwe mu zidakunze kuboneka cyane ku isi, kandi ishobora gutuma umuntu agira uburibwe bukomeye ndetse n’ibibazo byo kugenzura imikaya.
Icyo gihe Dion yahise asubika ibitaramo bye byinshi kugira ngo yitandukanye n’akazi akurikire ubuvuzi n’imyitozo igamije kumufasha kongera kugira imbaraga.
Yongeye gushaka kugaruka
Mu 2024 uyu muririmbyi yari yatangaje ko yifuza kongera gutaramira abafana be nyuma yo kumva ameze neza. Icyakora, nyuma y’igihe gito yongeye kugira ibibazo by’uburwayi bituma atongera kugaragara cyane mu ruhame.
Celine Dion yaherukaga gutaramira abafana ku rubyiniro ku wa 8 Werurwe 2020 mu gitaramo cyabereye muri leta ya New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ubu agarutse, abafana be ku isi yose bakomeje kugaragaza ibyishimo, bavuga ko ari inkuru nziza ku bakunda umuziki we ndetse n’abari bamaze igihe bategereje kongera kumwumva aririmba ku rubyiniro.








