• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, March 6, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Bruce Melodie yagaragarije Perezida Paul Kagame ikibazo cya monetization ku bakoresha imbuga nkoranyambaga

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
February 6, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu nama y’igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20, umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ikibazo gikomeye gihangayikishije urubyiruko n’abakora ibihangano mu Rwanda, kijyanye no kuba imbuga nkoranyambaga nyinshi bakoresha zidatanga amahirwe yo kubyaza umusaruro ibikorwa byabo.

Bruce Melodie yavuze ko nubwo urubyiruko ruri ku rwego rushimishije mu guhanga no gukoresha ikoranabuhanga, imbogamizi yo kubura monetization ituma imbaraga bashyiramo zitagira umusaruro w’amafaranga, bigatuma hari abagerageza gushakira amahirwe hanze y’igihugu.

Agaruka kuri icyo kibazo, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabajije impamvu Umunyarwanda asabwa guhindura ubwenegihugu cyangwa aho abarizwa kugira ngo abashe kubyaza inyungu imbuga nkoranyambaga akoresha, agaragaza ko ari ikibazo gikwiye gushakirwa igisubizo kirambye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yasobanuye ko hari ibisabwa by’ingenzi bitatu kugira ngo igihugu cyemererwe kugira inyungu ku mbuga nkoranyambaga. Ibyo birimo amategeko arengera umutungo mu by’ubwenge, gahunda zisobanutse zijyanye n’imisoro, ndetse n’uburyo bwizewe bwo kwishyurana.

Yanagarutse ku kibazo cy’ingano y’amafaranga aturuka mu kwamamaza, avuga ko kugira ngo imbuga nkoranyambaga zemere igihugu gutangira kungukira ku bikorwa by’abakoresha bazo, bisaba nibura hagati y’amadolari ibihumbi 500 na miliyoni imwe ku kwezi atangwa mu kwamamaza.

Minisitiri Ingabire yavuze ko u Rwanda rumaze kuzuza ibisabwa ku rwego rwa Leta, ibisigaye ari ugukangurira ibigo bikorera mu gihugu gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwamamaza, bityo hakabaho umusaruro ufitiye inyungu n’igihugu, abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye.

Yashimangiye ko iyo gahunda nitangira gushyirwa mu bikorwa izafasha guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, by’umwihariko urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga mu guhanga no gucuruza ibitekerezo n’ibihangano byabyo.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Princess Lover ategerejwe i Kigali ku munsi w’abakundana

Next Post

Davido yatangaje ko ashobora kurekera kongera guhatana mu bihembo bya grammy

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
58 minutes ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
2 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Davido yatangaje ko ashobora kurekera kongera guhatana mu bihembo bya grammy

Davido yatangaje ko ashobora kurekera kongera guhatana mu bihembo bya grammy

Dianah Skys yashyinguwe Namayumba ejo

Dianah Skys yashyinguwe Namayumba ejo

John Blaq: Indirimbo zanjye zakera sinyizifiteho uburenganzira, ariko ntacyo bitwaye

John Blaq: Indirimbo zanjye zakera sinyizifiteho uburenganzira, ariko ntacyo bitwaye

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.