Mu nama y’igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20, umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ikibazo gikomeye gihangayikishije urubyiruko n’abakora ibihangano mu Rwanda, kijyanye no kuba imbuga nkoranyambaga nyinshi bakoresha zidatanga amahirwe yo kubyaza umusaruro ibikorwa byabo.
Bruce Melodie yavuze ko nubwo urubyiruko ruri ku rwego rushimishije mu guhanga no gukoresha ikoranabuhanga, imbogamizi yo kubura monetization ituma imbaraga bashyiramo zitagira umusaruro w’amafaranga, bigatuma hari abagerageza gushakira amahirwe hanze y’igihugu.
Agaruka kuri icyo kibazo, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabajije impamvu Umunyarwanda asabwa guhindura ubwenegihugu cyangwa aho abarizwa kugira ngo abashe kubyaza inyungu imbuga nkoranyambaga akoresha, agaragaza ko ari ikibazo gikwiye gushakirwa igisubizo kirambye.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yasobanuye ko hari ibisabwa by’ingenzi bitatu kugira ngo igihugu cyemererwe kugira inyungu ku mbuga nkoranyambaga. Ibyo birimo amategeko arengera umutungo mu by’ubwenge, gahunda zisobanutse zijyanye n’imisoro, ndetse n’uburyo bwizewe bwo kwishyurana.
Yanagarutse ku kibazo cy’ingano y’amafaranga aturuka mu kwamamaza, avuga ko kugira ngo imbuga nkoranyambaga zemere igihugu gutangira kungukira ku bikorwa by’abakoresha bazo, bisaba nibura hagati y’amadolari ibihumbi 500 na miliyoni imwe ku kwezi atangwa mu kwamamaza.
Minisitiri Ingabire yavuze ko u Rwanda rumaze kuzuza ibisabwa ku rwego rwa Leta, ibisigaye ari ugukangurira ibigo bikorera mu gihugu gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwamamaza, bityo hakabaho umusaruro ufitiye inyungu n’igihugu, abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye.
Yashimangiye ko iyo gahunda nitangira gushyirwa mu bikorwa izafasha guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, by’umwihariko urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga mu guhanga no gucuruza ibitekerezo n’ibihangano byabyo.







