• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Amateka

Birambuye Papa Leo XIV watowe ni muntu ki?

Impinga Media by Impinga Media
May 9, 2025
Reading Time: 6 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu matora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli ya Sistine, aho saa kumi n’ebyiri z’umugoroba inkuru yageze ku mbaga y’abatuye Isi, ibanza gutangazwa hifashishijwe umwotsi wera wasohotse mu itiyo icometse muri chapeli Sistine yaberagamo ayo matora.

Umunyamerika Robert Francis Prevost wamaze gutorerwa kuba Papa, ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 08 Gicurasi 2025, yahise afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, nibwo amatora yatangiye abimburirwa n’indahiro y’Abakaridinali ijyanye no kubika ibanga ry’imigendekere y’amatora, aho nyuma y’iyo ndahiro abari muri Chapeli Sistine bose basabwa gusohoka mu ijwi riranguruye rigira riti “extra omnes” (buri wese nasohoke), hasigara Abakaridinali 133 bemerewe gutora Papa, n’uko imiryango y’iyo Chapeli irafungwa.

Amatora yahise atangira muri uwo mugoroba, ari na ko ku rubuga rwitiriwe Petero Mutagatifu, abaturage bagendaga biyongera umunota ku munota, bategereje iyo nkuru idasanzwe ya Papa mushya.

Mu ma saa mbiri z’umugoroba, nibwo hasohotse ibyavuye mu matora ya mbere, ariko ntibyafatwa nk’inkuru yari itegerejwe kuko muri ya tiyo igenewe gusohora umwotsi nk’ikimenyetso cy’uko amatora ari kugenda, hasohokaga umwotsi wirabura (Umukara).

Ntabwo abaturage bacitse intege ahubwo bakomeje kuza ari benshi kuri urwo rubuga rwa Petero Mutagatifu, ari na ko bakomeza gusengera ayo matora ngo agende neza.

Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa kane, nibwo iyo mbaga y’abantu yari ikoraniye ku mbuga ya Petero yongeye kubona umwotsi wirabura, ugaragaza ko amatora yakozwe muri icyo gitondo nta cyavuyemo, ndetse no mu matora yabaye saa sita birangira nta gisubizo atanze.

Byabaye ngombwa ko iyo mbaga y’abantu bakurikiranaga itorwa rya Papa itegereza ku nshuro ya kane, nuko mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bashimishwa no kubona umwotsi wera, bavuza induru z’ibyishimo ari nako bakoma amashyi y’urufaya, inzogera ziravuzwa mu ma Diyosezi n’ama Paruwasi yose i Roma.

Mu byishimo byinshi by’abaturage bari bamaze kwizera ko Papa yatowe, icyari gitegerejwe ni ukubibwirwa mu magambo no kumwibonera amaso ku maso.

Byabasabye gutegereza mu gihe kijya kungana n’isaha kugira ngo Nyirubutungane Papa wari umaze gutorwa aze abiyereke, abasuhuze abagezeho n’ijambo yabateguriye, ari na ko basusurutswaga n’akarasisi ka Gisirikare.

Isaha imwe nyuma yo gutorwa, nibwo idirishya Papa ahagararaho iyo ageza ubutumwa ku bakirisitu bitabira isengesho ryitwa Angelus ribera ku rubuga rwa Perero buri cyumweru ryafunguwe, umwe mu Bakaridinali 133 bari bamaze gutora, aza atangaza iyo nkuru nziza mu rurimi rw’Ikiratini ati ‟Habemus Papam” (Dufite Papa).

Nyuma yo gutangaza iyo nkuru, yanatangaje amazina ya Papa umaze gutorwa, igihugu akomokamo n’izina yahisemo ry’ubutungane, agira ati ‟Habemus Papa, Papa watowe yitwa Robert Francis Prevost uvuka muri Amerika i Chicago, izina rye ry’ubutungane ni Leo XIV”.

Nyuma y’ibyo, Uwari Cardinal akaba Papa Leo XIV yafunguriwe idirishya ryari rifungishije rido itukura n’indi yera, aherekejwe n’Abakaridinali abandi bajya mu madirishya atandukanye y’iyo nyubako, asuhuza imbaga y’ikoraniro ry’abantu bari kuri urwo rubuga abaganiriza mu gihe cy’iminota 14.

Mu ijambo yabagejejeho, ryibanze ku gushimira Papa Francis asimbuye, yagize ati ‟Merci Papa Francis”, amushimira ko yaranzwe n’imiyoborere myiza.

Yasabye iyo mbaga y’abaturage kurangwa n’urukundo rw’Imana no kugira ubumwe buranga abana b’Imana, bagendeye muri Sinodi isaba imbaga y’Imana kugendera hamwe.

Nyuma y’itorwa rya Papa Leo XIV, Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yahise isohora itangazo ryo gushimira Imana, ku bw’itorwa rya Papa mushya Leo XIV.

Papa Leo XIV ni muntu ki?

Papa Leo XIV ni we mu Papa rukumbi ukomoka muri Amerika ya Ruguru Kiliziya Gatolika igize, aho yavukiye i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, tariki 14 Nzeri 1955, afite imyaka 69.

Ni umwe mu ba Kardinali bashya, kuko yatowe na Papa Francis tariki 30 Nzeri 2023.

Papa Leo XIV yahawe isakaramentu ry’ubusaseridoti tariki 19 Kamena 1982, aba Umwepisikopi muri 2014 aho yahawe inkoni y’ubushumba tariki 12 Ukuboza 2014.

Yakoze ubutumwa mu bihugu bitandukanye, burimo kuba Umwepisikopi w’Umumisiyoneri muri Diyosezi ya Chiclayo muri Peru, igihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo aho yakoreye igihe kirekire ahabwa n’ubwenegihugu.

afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.

Papa Leo XIV watowe

Ni mu matora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli ya Sistine, aho saa kumi n’ebyiri z’umugoroba inkuru yageze ku mbaga y’abatuye Isi, ibanza gutangazwa hifashishijwe umwotsi wera wasohotse mu itiyo icometse muri chapeli Sistine yaberagamo ayo matora.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, nibwo amatora yatangiye abimburirwa n’indahiro y’Abakaridinali ijyanye no kubika ibanga ry’imigendekere y’amatora, aho nyuma y’iyo ndahiro abari muri Chapeli Sistine bose basabwa gusohoka mu ijwi riranguruye rigira riti “extra omnes” (buri wese nasohoke), hasigara Abakaridinali 133 bemerewe gutora Papa, n’uko imiryango y’iyo Chapeli irafungwa.

Amatora yahise atangira muri uwo mugoroba, ari na ko ku rubuga rwitiriwe Petero Mutagatifu, abaturage bagendaga biyongera umunota ku munota, bategereje iyo nkuru idasanzwe ya Papa mushya.

Mu ma saa mbiri z’umugoroba, nibwo hasohotse ibyavuye mu matora ya mbere, ariko ntibyafatwa nk’inkuru yari itegerejwe kuko muri ya tiyo igenewe gusohora umwotsi nk’ikimenyetso cy’uko amatora ari kugenda, hasohokaga umwotsi wirabura (Umukara).

Ntabwo abaturage bacitse intege ahubwo bakomeje kuza ari benshi kuri urwo rubuga rwa Petero Mutagatifu, ari na ko bakomeza gusengera ayo matora ngo agende neza.

Papa Leo XIV asuhuza abakristu nyuma yo gutorwa

Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa kane, nibwo iyo mbaga y’abantu yari ikoraniye ku mbuga ya Petero yongeye kubona umwotsi wirabura, ugaragaza ko amatora yakozwe muri icyo gitondo nta cyavuyemo, ndetse no mu matora yabaye saa sita birangira nta gisubizo atanze.

Byabaye ngombwa ko iyo mbaga y’abantu bakurikiranaga itorwa rya Papa itegereza ku nshuro ya kane, nuko mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bashimishwa no kubona umwotsi wera, bavuza induru z’ibyishimo ari nako bakoma amashyi y’urufaya, inzogera ziravuzwa mu ma Diyosezi n’ama Paruwasi yose i Roma.

Mu byishimo byinshi by’abaturage bari bamaze kwizera ko Papa yatowe, icyari gitegerejwe ni ukubibwirwa mu magambo no kumwibonera amaso ku maso.

Byabasabye gutegereza mu gihe kijya kungana n’isaha kugira ngo Nyirubutungane Papa wari umaze gutorwa aze abiyereke, abasuhuze abagezeho n’ijambo yabateguriye, ari na ko basusurutswaga n’akarasisi ka Gisirikare.

Isaha imwe nyuma yo gutorwa, nibwo idirishya Papa ahagararaho iyo ageza ubutumwa ku bakirisitu bitabira isengesho ryitwa Angelus ribera ku rubuga rwa Perero buri cyumweru ryafunguwe, umwe mu Bakaridinali 133 bari bamaze gutora, aza atangaza iyo nkuru nziza mu rurimi rw’Ikiratini ati ‟Habemus Papam” (Dufite Papa).

Nyuma yo gutangaza iyo nkuru, yanatangaje amazina ya Papa umaze gutorwa, igihugu akomokamo n’izina yahisemo ry’ubutungane, agira ati ‟Habemus Papa, Papa watowe yitwa Robert Francis Prevost uvuka muri Amerika i Chicago, izina rye ry’ubutungane ni Leo XIV”.

Ageza ijambo ku bakurikiye icyo gikorwa

Nyuma y’ibyo, Uwari Cardinal akaba Papa Leo XIV yafunguriwe idirishya ryari rifungishije rido itukura n’indi yera, aherekejwe n’Abakaridinali abandi bajya mu madirishya atandukanye y’iyo nyubako, asuhuza imbaga y’ikoraniro ry’abantu bari kuri urwo rubuga abaganiriza mu gihe cy’iminota 14.

Mu ijambo yabagejejeho, ryibanze ku gushimira Papa Francis asimbuye, yagize ati ‟Merci Papa Francis”, amushimira ko yaranzwe n’imiyoborere myiza.

Yasabye iyo mbaga y’abaturage kurangwa n’urukundo rw’Imana no kugira ubumwe buranga abana b’Imana, bagendeye muri Sinodi isaba imbaga y’Imana kugendera hamwe.

Nyuma y’itorwa rya Papa Leo XIV, Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yahise isohora itangazo ryo gushimira Imana, ku bw’itorwa rya Papa mushya Leo XIV.

Papa Leo XIV ni muntu ki?

Papa Leo XIV ni we mu Papa rukumbi ukomoka muri Amerika ya Ruguru Kiliziya Gatolika igize, aho yavukiye i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, tariki 14 Nzeri 1955, afite imyaka 69.

Ni umwe mu ba Kardinali bashya, kuko yatowe na Papa Francis tariki 30 Nzeri 2023.

Imbaga y'abantu bari bamutegereje ku rubuga rwa Mutagatifu Petero

Papa Leo XIV yahawe isakaramentu ry’ubusaseridoti tariki 19 Kamena 1982, aba Umwepisikopi muri 2014 aho yahawe inkoni y’ubushumba tariki 12 Ukuboza 2014.

Yakoze ubutumwa mu bihugu bitandukanye, burimo kuba Umwepisikopi w’Umumisiyoneri muri Diyosezi ya Chiclayo muri Peru, igihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo aho yakoreye igihe kirekire ahabwa n’ubwenegihugu.

Hari benshi bazi ubuzima bwa Papa Leo XIV barimo na Padiri Nzabamwita Dieudonné ukorera ubutumwa mu Butaliyani, aho mu kiganiro yagiranye na Pacis TV yavuze ku nkomoko y’izina Leo XIV Papa mushya yahisemo, ahereye kuri Papa Leo Xlll, wayoboye Kiliziya kuva mu 1878-1903.

Avuga ko Leo XIII yari umu Papa wateje imbere amahame n’inyigisho zishingiye kuri Kiliziya (Doctrine Sociale de l’Eglise), abinyujije mu nyandiko (Encyclique) yitwa ‘Rerum Novarum’ (Ibihe bishya).

Naho Papa Leo I, ngo ni umwe mu bashimangiye ukwemera kwa Kiliziya kugera ubwo ayirwanira yirukana ingabo zashakaga gusenya umujyi wa Roma, ari naho havuye akabyiniriro bamwise kubera ubutwari yagaragaje kagira kati Papa ‟Leo the great”.

Professeur Jean Paul Niyigena, Umunyarwanda watowe na Papa Francis kuba mu kanama ka Papa gashinzwe uburezi, yagize icyo abwira Pacis TV ku itorwa rya Papa Leo XIV, nk’umwe mu batuye i Roma wabonye umwanya wo gukurikiranira hafi ayo matora.

Ati ‟Kuba Papa Leo XIV atowe ku munsi wa kabiri wa Conclave, ubwabyo ni ibintu dushimira Imana cyane, Roho Mutagatifu yongeye kutwereka ko ari we umenya aho aganisha Kiliziya kurusha uko abantu babikeka cyangwa babivuga, kuko abo bavugaga cyane ntabwo aribo tubonye”.

Bamwe barijijwe n'ibyishimo
Amarangamutima yari yasaaz ebenshi mum bitabiriye yu muhango

Arongera ati ‟Ikintu cyahise kigaragara, hari izina rye, ariko hari n’amagambo yahise avuga. Uretse amagambo hari n’uko yagaragaye, icyo nahise mbona ni uburyo ubwo butumwa yabwakiriye. Wabonaga ko ari umuntu bwakoze ku mutima, yabwakiranye ukwemera kandi anabona ko mu by’ukuri buremereye, umuntu yabibonaga ku maso ye”.

Yavuze ko Papa Leo XIV, ubwo yagezaga ijambo ku baturage, hagiye hagaruka amagambo areba Isi yose ati ‟Yagarutse ku ijambo amahoro, ati twese ayo mahoro tuzayaharanire n’Imana izayaduhe kandi tube bamwe igihe cyose. Nibwira ko ari ijambo ry’ihumure abantu benshi bari bategereje barimo abayoboke Gatolika, ababa mu yandi madini ndetse n’abatemera”.

afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.

Papa Leo XIV watowe

Ni mu matora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli ya Sistine, aho saa kumi n’ebyiri z’umugoroba inkuru yageze ku mbaga y’abatuye Isi, ibanza gutangazwa hifashishijwe umwotsi wera wasohotse mu itiyo icometse muri chapeli Sistine yaberagamo ayo matora.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, nibwo amatora yatangiye abimburirwa n’indahiro y’Abakaridinali ijyanye no kubika ibanga ry’imigendekere y’amatora, aho nyuma y’iyo ndahiro abari muri Chapeli Sistine bose basabwa gusohoka mu ijwi riranguruye rigira riti “extra omnes” (buri wese nasohoke), hasigara Abakaridinali 133 bemerewe gutora Papa, n’uko imiryango y’iyo Chapeli irafungwa.

Amatora yahise atangira muri uwo mugoroba, ari na ko ku rubuga rwitiriwe Petero Mutagatifu, abaturage bagendaga biyongera umunota ku munota, bategereje iyo nkuru idasanzwe ya Papa mushya.

Mu ma saa mbiri z’umugoroba, nibwo hasohotse ibyavuye mu matora ya mbere, ariko ntibyafatwa nk’inkuru yari itegerejwe kuko muri ya tiyo igenewe gusohora umwotsi nk’ikimenyetso cy’uko amatora ari kugenda, hasohokaga umwotsi wirabura (Umukara).

Ntabwo abaturage bacitse intege ahubwo bakomeje kuza ari benshi kuri urwo rubuga rwa Petero Mutagatifu, ari na ko bakomeza gusengera ayo matora ngo agende neza.

Papa Leo XIV asuhuza abakristu nyuma yo gutorwa

Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa kane, nibwo iyo mbaga y’abantu yari ikoraniye ku mbuga ya Petero yongeye kubona umwotsi wirabura, ugaragaza ko amatora yakozwe muri icyo gitondo nta cyavuyemo, ndetse no mu matora yabaye saa sita birangira nta gisubizo atanze.

Byabaye ngombwa ko iyo mbaga y’abantu bakurikiranaga itorwa rya Papa itegereza ku nshuro ya kane, nuko mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bashimishwa no kubona umwotsi wera, bavuza induru z’ibyishimo ari nako bakoma amashyi y’urufaya, inzogera ziravuzwa mu ma Diyosezi n’ama Paruwasi yose i Roma.

Mu byishimo byinshi by’abaturage bari bamaze kwizera ko Papa yatowe, icyari gitegerejwe ni ukubibwirwa mu magambo no kumwibonera amaso ku maso.

Byabasabye gutegereza mu gihe kijya kungana n’isaha kugira ngo Nyirubutungane Papa wari umaze gutorwa aze abiyereke, abasuhuze abagezeho n’ijambo yabateguriye, ari na ko basusurutswaga n’akarasisi ka Gisirikare.

Isaha imwe nyuma yo gutorwa, nibwo idirishya Papa ahagararaho iyo ageza ubutumwa ku bakirisitu bitabira isengesho ryitwa Angelus ribera ku rubuga rwa Perero buri cyumweru ryafunguwe, umwe mu Bakaridinali 133 bari bamaze gutora, aza atangaza iyo nkuru nziza mu rurimi rw’Ikiratini ati ‟Habemus Papam” (Dufite Papa).

Nyuma yo gutangaza iyo nkuru, yanatangaje amazina ya Papa umaze gutorwa, igihugu akomokamo n’izina yahisemo ry’ubutungane, agira ati ‟Habemus Papa, Papa watowe yitwa Robert Francis Prevost uvuka muri Amerika i Chicago, izina rye ry’ubutungane ni Leo XIV”.

Ageza ijambo ku bakurikiye icyo gikorwa

Nyuma y’ibyo, Uwari Cardinal akaba Papa Leo XIV yafunguriwe idirishya ryari rifungishije rido itukura n’indi yera, aherekejwe n’Abakaridinali abandi bajya mu madirishya atandukanye y’iyo nyubako, asuhuza imbaga y’ikoraniro ry’abantu bari kuri urwo rubuga abaganiriza mu gihe cy’iminota 14.

Mu ijambo yabagejejeho, ryibanze ku gushimira Papa Francis asimbuye, yagize ati ‟Merci Papa Francis”, amushimira ko yaranzwe n’imiyoborere myiza.

Yasabye iyo mbaga y’abaturage kurangwa n’urukundo rw’Imana no kugira ubumwe buranga abana b’Imana, bagendeye muri Sinodi isaba imbaga y’Imana kugendera hamwe.

Nyuma y’itorwa rya Papa Leo XIV, Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yahise isohora itangazo ryo gushimira Imana, ku bw’itorwa rya Papa mushya Leo XIV.

Papa Leo XIV ni muntu ki?

Papa Leo XIV ni we mu Papa rukumbi ukomoka muri Amerika ya Ruguru Kiliziya Gatolika igize, aho yavukiye i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, tariki 14 Nzeri 1955, afite imyaka 69.

Ni umwe mu ba Kardinali bashya, kuko yatowe na Papa Francis tariki 30 Nzeri 2023.

Imbaga y'abantu bari bamutegereje ku rubuga rwa Mutagatifu Petero

Papa Leo XIV yahawe isakaramentu ry’ubusaseridoti tariki 19 Kamena 1982, aba Umwepisikopi muri 2014 aho yahawe inkoni y’ubushumba tariki 12 Ukuboza 2014.

Yakoze ubutumwa mu bihugu bitandukanye, burimo kuba Umwepisikopi w’Umumisiyoneri muri Diyosezi ya Chiclayo muri Peru, igihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo aho yakoreye igihe kirekire ahabwa n’ubwenegihugu.

Hari benshi bazi ubuzima bwa Papa Leo XIV barimo na Padiri Nzabamwita Dieudonné ukorera ubutumwa mu Butaliyani, aho mu kiganiro yagiranye na Pacis TV yavuze ku nkomoko y’izina Leo XIV Papa mushya yahisemo, ahereye kuri Papa Leo Xlll, wayoboye Kiliziya kuva mu 1878-1903.

Avuga ko Leo XIII yari umu Papa wateje imbere amahame n’inyigisho zishingiye kuri Kiliziya (Doctrine Sociale de l’Eglise), abinyujije mu nyandiko (Encyclique) yitwa ‘Rerum Novarum’ (Ibihe bishya).

Naho Papa Leo I, ngo ni umwe mu bashimangiye ukwemera kwa Kiliziya kugera ubwo ayirwanira yirukana ingabo zashakaga gusenya umujyi wa Roma, ari naho havuye akabyiniriro bamwise kubera ubutwari yagaragaje kagira kati Papa ‟Leo the great”.

Professeur Jean Paul Niyigena, Umunyarwanda watowe na Papa Francis kuba mu kanama ka Papa gashinzwe uburezi, yagize icyo abwira Pacis TV ku itorwa rya Papa Leo XIV, nk’umwe mu batuye i Roma wabonye umwanya wo gukurikiranira hafi ayo matora.

Ati ‟Kuba Papa Leo XIV atowe ku munsi wa kabiri wa Conclave, ubwabyo ni ibintu dushimira Imana cyane, Roho Mutagatifu yongeye kutwereka ko ari we umenya aho aganisha Kiliziya kurusha uko abantu babikeka cyangwa babivuga, kuko abo bavugaga cyane ntabwo aribo tubonye”.

Bamwe barijijwe n'ibyishimo

Arongera ati ‟Ikintu cyahise kigaragara, hari izina rye, ariko hari n’amagambo yahise avuga. Uretse amagambo hari n’uko yagaragaye, icyo nahise mbona ni uburyo ubwo butumwa yabwakiriye. Wabonaga ko ari umuntu bwakoze ku mutima, yabwakiranye ukwemera kandi anabona ko mu by’ukuri buremereye, umuntu yabibonaga ku maso ye”.

Yavuze ko Papa Leo XIV, ubwo yagezaga ijambo ku baturage, hagiye hagaruka amagambo areba Isi yose ati ‟Yagarutse ku ijambo amahoro, ati twese ayo mahoro tuzayaharanire n’Imana izayaduhe kandi tube bamwe igihe cyose. Nibwira ko ari ijambo ry’ihumure abantu benshi bari bategereje barimo abayoboke Gatolika, ababa mu yandi madini ndetse n’abatemera”.

Arongera Ati ‟Yagarutse ku ijambo ryo kuganira (Dialogue), ni ukwerekana ko kuganira abantu bamwe n’abandi bakavugana bakagirana umushyikirano, nabyo ni ibituma abantu bagira amahoro. Kugira amahoro ni umushyikirano nk’uko Imana muri Yezu Kirisitu yashyikiranye ku buryo busesuye n’inyoko muntu, icyo nacyo ni ikintu gishimishije”.

Mu bindi Papa yagarutseho yavuze ko Kiliziya ashyize imbere ari Kiliziya iri muri Sinodi bivuze ‟Kugendera hamwe”, iyo ntego ikaba ijyanye n’igikorwa cyatangijwe na Papa Francis, avuga ko Kiliziya igomba kugendera ku kwamamaza ubutumwa hafi na kure (Eglise Missionnaire).

Jean Paul Niyigena ati ‟Nyirubutungane Papa Leo XIV, rimwe nigeze kumubona i Roma, ni umuntu wicisha bugufi, nta wakekaga ko yaba Papa. Ariko abantu bakoranaga uko bamuvuga, ngo ni umushumba ukunda gufata umwanya wo kumva abantu. Hari abo tumaze kuvugana bakoranaga barambwiye bati tubonye umushumba ufata umwanya akumva abantu. Turasabwa kumusabira kuko ubutumwa bwatangiye, kugira ngo abashe koko kurushaho gutuma Kiliziya zitandukanye zunga ubumwe no gutanga imirongo migari Kiliziya igiye kugenderaho”.

Abajijwe ku nyungu zihariye kuri Amerika aho Papa Leo XIV avuka, Niyigena yagize ati ‟Ikintu gishishikaje abantu muri Kiliziya ni ukwamamaza inkuru nziza ya Yezu Kirisitu, kuyamamaza kwa mbere n’uko abo uyibwira bagira ubutumwa butuma bahura na Yezu Kirisitu by’ukuri”.

Arongera ati ‟Naho kuvuga ko avuka mu gihugu runaka ntacyo bivuze kuko Abakaridinali mbere y’Amatora baba bafashe umwanya ukomeye wo kumenya icyo Kiliziya ikeneye, noneho bagatoranya umwe muribo bakavuga bati uriya naduhagarara imbere akatuyobora, azadufasha anafashe Kiliziya kugera ku byo twabonye. Papa atorwa n’Abakaridinali, inshingano ze ni ugukora ku buryo ubwo bumwe bwa Kiliziya bukomeza gushinga imizi”.

Papa Leo XIV, afite impamyabumenyi zitandukanye zirimo iy’imibare, akagira n’impamyabumenyi zihanitse zirimo n’ijyanye n’amahame ya Kiliziya.

Ni umwe mu ba Papa bazi kuvuga indimi nyinshi, izo avuga adategwa zikaba zirindwi arizo Icyongereza, Icyespagnol, Igitaliyani, Igifaransa, Igiportugali, Ikiratini n’Ikidage.

Leo XIV ni Papa wa 267, aho asimbuye Papa Francis witabye Imana ku itariki 21 Mata 2025, akaba afite intego igira iti ‟In illo uno unum” bishatse kuvuga ngo “Turi umwe muri Kirisitu”.

Papa Leo XIV yagizwe Cardinal muri 2023
2023 nibwo Papa Leo XIV yagizwe Cardinal muri 2023

Icyasabwaga kugira ngo haboneke Papa, n’uko 2/3 by’Abakaridinali 133 bari kuba bamutoye, bivuze ko Leo XIV yatowe n’umubare utari munsi y’Abakaridinali 89.

Abakaridinali bemerewe gutora cyangwa gutorwamo Papa ni abatarengeje imyaka 80, ayo matora akaba mu muhezo aho bifungirana muri Chapel Sistine bakazasohoka ari uko Papa abonetse.

Igihe cyose Papa ataraboneka, abo ba Karidinakli baguma muri icyo cyumba kugeza ubwo 2/3 byabo bihuriza ku muntu umwe, dore ko mu mateka y’itorwa rya Papa hari ubwo gutora byananiranye kugeza ubwo bimara imyaka itatu.

Nyuma yo gutora Papa Abakaridinali bagaragaye mu madirishya
Perezida Trump yashimiye Papa Leo XIV
Perezida Trump yashimiye Papa Leo XIV ashimishwa byimazeyo no kuba ari umunyamerika watorewe kuragira iyi kiliziya

Share2Tweet1Send
Previous Post

Hitezwe iki ku modoka z’amashanyarazi zatangiye gukoreshwa hanze ya Kigali bwa mbere?

Next Post

Bill Gates ushinja Elon Musk umugambi wo kwica abakene agiye gutanga miliyari 200$.

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
3 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama nkuru y’abafte ubumuga mu Rwanda NCPD Bwana Ndayisaba Emmanuel, aratangaza kuva mu 2012 kugeza hamaze gukorwa byinshi...

Next Post
Bill Gates

Bill Gates ushinja Elon Musk umugambi wo kwica abakene agiye gutanga miliyari 200$.

Bobi Wine Office

Bobi Wine ashinja inzego z’umutekano gushyira kamera z’ubutasi inyuma y’ibiro bye

Abakinnyi beza bahize abandi muri Shampiyona ya Volleyball ya 2024/25 mu Bagabo

APR VC yisubije igikombe, Police WVC yandika amateka muri Shampiyona ya Volleyball 2024/25

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.