Delivad Julio wo mu itsinda rya B2C Boys yavuze ko kugereranya Joshua Baraka na Eddy Kenzo bidakwiye kandi bidafite ishingiro.
Uyu muhanzi yavuze ko nubwo Joshua Baraka ari kuzamuka neza ku rwego mpuzamahanga, kumugereranya na Eddy Kenzo ari ukwibagirwa itandukaniro rinini riri mu rugendo rwabo n’ubunararibonye.

Julio yasobanuye ko ibyo Eddy Kenzo amaze kugeraho bidashobora kugereranywa n’umuhanzi ukiri mu ntangiriro z’umwuga we.
Mugenzi we Mr. Lee na we yashimangiye ko nubwo Baraka ari gukora neza cyane, nta mpamvu yo kubagereranya.
Yagize ati: “Baraka ashobora no kuzarenza Eddy, ariko ntitukabagereranye cyangwa ngo tugabanye agaciro k’ibyo bakoze. Eddy yakoze byinshi kandi ni ukuri. Ariko ntitwigeze twumva abantu bagereranya cyangwa bavuga nabi Jose Chameleone muri ubwo buryo. Dukwiye guha agaciro Eddy ku byo yakoze, tunishimira ibyo Joshua ari gukora.”
Julio yakomeje agaragaza ko Eddy Kenzo amaze hafi imyaka 20 mu muziki akomeza kuba ku isonga, ibintu bidakwiye kugereranywa n’umuhanzi umaze imyaka ibiri cyangwa itatu gusa atangiye kumenyekana.








