Mu mikino ibanza ya 1/8 cya UEFA Champions League 2025/2026 yakinwe ku wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, amakipe akomeye ku mugabane w’i Burayi yagaragaje imikino ikomeye, aho Atletico Madrid yanyagiye Tottenham Hotspur mu gihe FC Barcelona yanganyije na Newcastle United.
Barcelona yanganyije na Newcastle
Umukino wabereye kuri Stade ya St James’ Park mu Bwongereza warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Harvey Barnes ni we wafunguye amazamu ku ruhande rwa Newcastle United ku munota wa 86, nyuma yo guhabwa umupira na Jacob Murphy.

Mu minota y’inyongera, ku munota wa 90+6, Lamine Yamal yaje kwishyura igitego cya penaliti ku ruhande rwa FC Barcelona, bituma umukino urangira amakipe agabanye amanota.
Atletico Madrid yahaye isomo rya ruhago Tottenham
Ku rundi ruhande, Atletico Madrid yamamaza ubukerarugendo bwa Visit Rwanda yitwaye neza cyane itsinda Tottenham Hotspur ibitego 5-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Civitas Metropolitano muri Espagne.
Ibitego bya Atletico Madrid byatsinzwe na Marcos Llorente, Antoine Griezmann, Julian Alvarez ndetse na Robin Le Normand.
Ku ruhande rwa Tottenham, ibitego byatsinzwe na Pedro Porro na Dominic Solanke ariko ntibyabasha kubafasha gukura amanota muri uyu mukino.
Galatasaray yiyushye akuye yabashije gutsinda Liverpool
Undi mukino wabaye saa moya n’iminota 45, Galatasaray yakiriye Liverpool FC muri Turukiya.
Uyu mukino warangiye Galatasaray itsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Mario Lemina ku munota wa karindwi, nyuma yo guhabwa umupira na Victor Osimhen.
Indi mikino iteganyijwe
Imikino ya 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa Gatatu aho Bayer Leverkusen iri bwakire Arsenal FC, mu gihe Paris Saint‑Germain izakina na Chelsea FC.
Umukino utegerejwe cyane ni uzahuza Real Madrid na Manchester City uzabera kuri Santiago Bernabeu.







