• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Alarm Ministries yategereje igitaramo gisoza umwaka

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 27, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Alarm Ministries, imaze imyaka 26 ikora umurimo wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, iritegura kwakira abakunzi bayo mu gitaramo kigamije gusoza umwaka bashima Imana ku bw’ibyo yabakoreye.

Iki gitaramo kizaba ku wa 30 Ugushyingo 2025 muri Camp Kigali, cyahawe izina “Iyo Niyo Data”. Amatike yo kwinjira yashyizwe ku byiciro bitandukanye birimo 10.000 Frw, 20.000 Frw, 25.000 Frw na 50.000 Frw, bitewe n’aho umuntu yifuza kwicara.

Mu kiganiro Alarm Ministries yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Serugo Benjamin (Ben), umwe mu baririmbyi b’imena muri iri tsinda akaba n’umwe mu barihagarariye mu mategeko, yasobanuye ko Alarm Ministries yavutse bitewe n’umuhamagaro wihariye wo gukorera Imana.

Yagize ati: “Abatangije Alarm Ministries bari bafite umuhamagaro ukomeye ushingiye ku gusunikwa n’Umwuka w’Imana. Ntibyabaye byoroshye, ariko twashingiraga ku cyo twari twatumwe gukora, twigomwa byinshi kugira ngo umurimo w’Imana ukomeze.”

Ben yasobanuye ko izina ry’igitaramo “Iyo Niyo Data” rifite igisobanuro gikomeye, aho bagamije kwibutsa abakunzi babo ko Imana ari Se wa bose.

Ati: “Iyo umuntu ategura igitaramo, ahanini ahera ku ndirimbo afite. Dufite indirimbo twise ‘Iyo Niyo Data’, tubona ari umwanya mwiza wo kwibutsa abantu ko Imana ari Data wa twese.”

Alarm Ministries yategereje igitaramo gisoza umwaka

Ku rundi ruhande rw’ababafasha mu itegurwa ry’iki gitaramo, Mugabo Robert wo mu itsinda rya Authentic Events yavuze ko intego yabo ari ugushyigikira amatsinda avuga ubutumwa bwiza bw’Imana kugira ngo akoreshe impano zabo mu murimo wo gukorera Imana.

Nubwo Alarm Ministries imaze imyaka myinshi itegura ibitaramo bitandukanye, abayigize bavuga ko iki gitaramo kizaba gifite umwihariko.

Muhumure Confiance, uri mu bashinzwe gukurikirana imitegurire y’iki gikorwa, yavuze ko abakunzi ba Alarm Ministries bagiye bagaragaza icyifuzo cyo kubona igitaramo kinini cyabo bonyine, bafite umwanya uhagije wo kuririmbana n’iritsinda.

Ati: “Abakunzi bacu batubwiye ko mu bitaramo dukora, akenshi umwanya uba muto bitewe n’uko haba harimo andi matsinda. Bifuje igitaramo cyacu twenyine, kugira ngo badufashe kuramya Imana bisanzuye, kandi bafite igihe gihagije.”

Ben yongeyeho ko n’igitaramo bakoze mu 2022 cyabaye umwanya udasanzwe wo kuramya Imana, aho baririmbye kugeza ubwo bumvise barushye cyane.

Ku bijyanye n’indirimbo zizakoreshwa muri iki gitaramo, Bukuru Cedric, ushinzwe imiririmbire muri Alarm Ministries, yavuze ko bazaririmba indirimbo zizwi kandi zakunzwe, zirimo izo baherutse gushyira hanze ndetse n’izakera.

Yagize ati: “Intego ni uko abazitabira igitaramo baza bazi indirimbo hafi ya zose. Ni yo mpamvu twatangiye gukora ‘live recordings’ kugira ngo indirimbo zirusheho gushimisha abantu, bibe byoroshye kuramya Imana turi kumwe.”

Ushobora kugura amatike( Tickets ) unyuze kuri iyi link, Tickets.authenticevents.rw, ndetse ushobora no kuyasanga mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali birimo CHIC, Foursquare. N’abari hanze y’u Rwanda nabo bashobora kugura amatike yo gukurikirana igitaramo kuri 9.9$.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Naramuburiye yanga kumva “ Dr Murangira B.Thierry”

Next Post

Water Sax agiye kumurika album ye nshya “Wazimba”, ishingiye ku mizi ye yo mu Nkombo

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
5 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Next Post
Water Sax agiye kumurika album ye nshya “Wazimba”, ishingiye ku mizi ye yo mu Nkombo

Water Sax agiye kumurika album ye nshya “Wazimba”, ishingiye ku mizi ye yo mu Nkombo

Ross Kana yahuriye mu gitaramo n’abarimo Vinka na Lydia Jazmine

Ross Kana yahuriye mu gitaramo n’abarimo Vinka na Lydia Jazmine

Imiti ya Sida:Urufungozo rwo kurinda ubuzima

Imiti ya Sida:Urufungozo rwo kurinda ubuzima

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.