Alarm Ministries, imaze imyaka 26 ikora umurimo wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, iritegura kwakira abakunzi bayo mu gitaramo kigamije gusoza umwaka bashima Imana ku bw’ibyo yabakoreye.
Iki gitaramo kizaba ku wa 30 Ugushyingo 2025 muri Camp Kigali, cyahawe izina “Iyo Niyo Data”. Amatike yo kwinjira yashyizwe ku byiciro bitandukanye birimo 10.000 Frw, 20.000 Frw, 25.000 Frw na 50.000 Frw, bitewe n’aho umuntu yifuza kwicara.
Mu kiganiro Alarm Ministries yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Serugo Benjamin (Ben), umwe mu baririmbyi b’imena muri iri tsinda akaba n’umwe mu barihagarariye mu mategeko, yasobanuye ko Alarm Ministries yavutse bitewe n’umuhamagaro wihariye wo gukorera Imana.
Yagize ati: “Abatangije Alarm Ministries bari bafite umuhamagaro ukomeye ushingiye ku gusunikwa n’Umwuka w’Imana. Ntibyabaye byoroshye, ariko twashingiraga ku cyo twari twatumwe gukora, twigomwa byinshi kugira ngo umurimo w’Imana ukomeze.”
Ben yasobanuye ko izina ry’igitaramo “Iyo Niyo Data” rifite igisobanuro gikomeye, aho bagamije kwibutsa abakunzi babo ko Imana ari Se wa bose.
Ati: “Iyo umuntu ategura igitaramo, ahanini ahera ku ndirimbo afite. Dufite indirimbo twise ‘Iyo Niyo Data’, tubona ari umwanya mwiza wo kwibutsa abantu ko Imana ari Data wa twese.”

Ku rundi ruhande rw’ababafasha mu itegurwa ry’iki gitaramo, Mugabo Robert wo mu itsinda rya Authentic Events yavuze ko intego yabo ari ugushyigikira amatsinda avuga ubutumwa bwiza bw’Imana kugira ngo akoreshe impano zabo mu murimo wo gukorera Imana.
Nubwo Alarm Ministries imaze imyaka myinshi itegura ibitaramo bitandukanye, abayigize bavuga ko iki gitaramo kizaba gifite umwihariko.
Muhumure Confiance, uri mu bashinzwe gukurikirana imitegurire y’iki gikorwa, yavuze ko abakunzi ba Alarm Ministries bagiye bagaragaza icyifuzo cyo kubona igitaramo kinini cyabo bonyine, bafite umwanya uhagije wo kuririmbana n’iritsinda.
Ati: “Abakunzi bacu batubwiye ko mu bitaramo dukora, akenshi umwanya uba muto bitewe n’uko haba harimo andi matsinda. Bifuje igitaramo cyacu twenyine, kugira ngo badufashe kuramya Imana bisanzuye, kandi bafite igihe gihagije.”
Ben yongeyeho ko n’igitaramo bakoze mu 2022 cyabaye umwanya udasanzwe wo kuramya Imana, aho baririmbye kugeza ubwo bumvise barushye cyane.
Ku bijyanye n’indirimbo zizakoreshwa muri iki gitaramo, Bukuru Cedric, ushinzwe imiririmbire muri Alarm Ministries, yavuze ko bazaririmba indirimbo zizwi kandi zakunzwe, zirimo izo baherutse gushyira hanze ndetse n’izakera.
Yagize ati: “Intego ni uko abazitabira igitaramo baza bazi indirimbo hafi ya zose. Ni yo mpamvu twatangiye gukora ‘live recordings’ kugira ngo indirimbo zirusheho gushimisha abantu, bibe byoroshye kuramya Imana turi kumwe.”
Ushobora kugura amatike( Tickets ) unyuze kuri iyi link, Tickets.authenticevents.rw, ndetse ushobora no kuyasanga mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali birimo CHIC, Foursquare. N’abari hanze y’u Rwanda nabo bashobora kugura amatike yo gukurikirana igitaramo kuri 9.9$.







