Umunyamakuru wamamaye mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, Aimée Beauté Mushashi, yasezeranye imbere y’amategeko n’umusore witwa Nyamwasa Francis, mu muhango wabaye ku wa 6 Werurwe 2026.
Aya makuru Mushashi yayasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yashyize amafoto agaragaza ibyishimo byaranze uwo muhango wo gusezerana imbere y’amategeko, ari kumwe n’umukunzi we bitegura kubana nk’umugore n’umugabo.
Nyuma y’uyu muhango w’amategeko, biteganyijwe ko Mushashi na Nyamwasa Francis bazakora ubukwe ku wa 14 Werurwe 2026, aho inshuti, imiryango n’abakunzi babo bazahurira mu birori byo kwizihiza uru rugendo rushya rw’urukundo.

Mu minsi ishize ubwo Mushashi yatangazaga ko yitegura kurushinga, yasangije abamukurikira ubutumwa bwuzuyemo amarangamutima, yifashishije amagambo yo muri Bibiliya mu Ndirimbo ya Salomo 3:4 agira ati: “Nabonye uwo umutima wanjye ukunda.”
Aimée Beauté Mushashi ni umwe mu banyamakuru b’abagore bazwi cyane mu Rwanda, by’umwihariko mu bijyanye no gusoma amakuru kuri televiziyo. Yamenyekanye cyane kuri TV1, aho yakoreye kuva mu 2017 kugeza mu 2024, mbere yo kwimukira mu Rwanda Broadcasting Agency (RBA) aho akorera mu ishami ry’amakuru.
Mbere yo kwinjira kuri TV1, Mushashi yanakoreye Radio Salus mu 2016, ndetse ananyura kuri RC Huye hagati ya 2014 na 2016. Yize muri Kaminuza y’u Rwanda, aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga.
Uretse itangazamakuru, Mushashi anagaragara mu mishinga itandukanye y’imiryango n’ibigo by’ubuhanzi n’iterambere birimo Mashirika, Urunana na Labenevolencia, aho akorana na byo mu bikorwa bitandukanye.
Kwamamaza amafoto y’uyu muhango byashimishije benshi mu bakurikira uyu munyamakuru, bamwifuriza urugo ruhire n’ishimwe mu rugendo rushya atangiye







