• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, March 6, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Abafite pasiporo ya uganda bemerewe kujya mu bihugu 40 nta visa

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
March 5, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Uganda yatangaje ko hari ibihugu 40, bifite pasiporo aho abaturage bashobora kwinjira badasabwe kubanza guteresha Visa, ibyo bikaba bigaragaza ko iyi pasiporo igenda irushaho kugira agaciro no kwemerwa ku rwego mpuzamahanga.

Nk’uko iyi minisiteri yabitangaje, Abanya-Uganda bashobora kujya mu bihugu bitandukanye badafite visa, cyangwa bakayihabwa bageze ku mupaka (visa–on–arrival), mu turere twinshi tw’isi turimo Afurika, Karayibe, Aziya na Oseyaniya.

Muri ibyo bihugu harimo: Antigua and Barbuda, Bahamas, Barbados, Belize, Botswana, Burundi, Comoros, Cyprus, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eritrea, Fiji, Gambia, Ghana, Grenada, Hong Kong, Ireland, Jamaica, Kenya, Lesotho, Madagascar, Malawi, Malaysia, Malta, Mauritius, Mozambique, Rwanda, Seychelles, Sierra Leone, Singapore, Solomon Islands, South Sudan, Saint Vincent and the Grenadines, Eswatini, Tonga, Trinidad and Tobago, Tanzania, United Arab Emirates, Vanuatu, Zambia na Zimbabwe.

Icyakora, iyi minisiteri yashimangiye ko kuba umuntu ashobora kujya muri ibi bihugu adasabye visa mbere, bitavuze ko ashobora kugenda atujuje ibisabwa n’amategeko agenga abinjira n’abasohoka mu bihugu.

Ku itariki ya 4 Werurwe, umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubwenegihugu, Abinjira n’Abasohoka muri Uganda (Directorate of  and Immigration Control), Simon Mundeyi, yavuze ko Abanya-Uganda bagomba bakwiye gukomeza kubahiriza amategeko  buzuza ibisabwa ku ngendo zo mu mahanga.

Yavuze ko abinjira mu gihugu bazajya basabwa kwerekana pasiporo igifite agaciro, itike y’indege igaragaza igihe bazagarukira, ndetse n’inyemezabwishyu y’aho bazacumbika (hotel) mu gihugu agiyemo.

Mundeyi yasoje avuga ko ibi bigaragaza ari intambwe ikomeye bamaze gutera, Uganda ikomeje kuzamura urwego rw’uko pasiporo yayo igenda yemerwa mu ngendo mpuzamahanga, bityo abaturage bayo bakabona amahirwe menshi yo kujya mu mahanga mu bukerarugendo, ubucuruzi n’ibindi bikorwa bitandukanye batanyuze mu nzira isa n’aho ingoranye mu gusaba visa.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Munyagwa yagiriye inama Kasuku ku mafaranga Museveni yemereye abacuruza content

Next Post

APR FC yasezereye Kiyovu, igera muri ¼ cy’Amahoro

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry'abanglikani ritemera amwe mu amahame y'ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of...

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Ava Peace yatangaje ko mu birori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko yakusanyije impano n’amafaranga birenga miliyoni...

Next Post
APR FC yasezereye Kiyovu, igera muri ¼ cy’Amahoro

APR FC yasezereye Kiyovu, igera muri ¼ cy’Amahoro

RoMeo Rapstar yinjiye mu myambarire asohora “Ahazaza Collection”

RoMeo Rapstar yinjiye mu myambarire asohora “Ahazaza Collection”

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.