Umuhanzi A Pass yatangaje ko yakomeretse nyuma yo gukubitwa, avuga ko byabaye mu gihe cy’amatora ya Perezida n’Abadepite yabaye ku itariki ya 15 Mutarama 2026.
Uganda yari mu matora mu gihe umutekano wari wakanjijwe cyane, ndetse na internet ikaba yari yarakuweho muri iki gihugu hose. Mu mashusho uyu muhanzi yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, A Pass yavuze ko yagabweho igitero ubwo yari hafi y’aho bakoreranga amatora ( site).
Uyu muhanzi avuga ko ibi byabaye, byabereye ahantu hatarenze metelo 50, uvuye ku biro by’amatora, aho avugako yatezwe n’abantu batatu.
Yagize ati: “Baranteze bankubitira hafi neza y’ibiro by’itora. Nakubiswe n’abantu ntazi n’icyo dupfa,? Sinigeze mbamenya — gusa icyo nabashije kumenya n’uko bari abantu batatu, babiri bambaye impuzankano ya gisirikare undi yambaye bisanzwe.”
A Pass, ushyigikira ishyaka rya National Unity Platform (NUP), kandi amaze igihe akora ibikorwa byamagana akarengane n’ikoreshwa nabi ry’ubutegetsi, yavuze ko icyo gitero cyamugabweho nta mpamvu n’imwe azi yabiteye .
Nyuma y’ayo matora, Komisiyo y’Amatora ya Uganda yatangaje Perezida Yoweri Kaguta Museveni ko ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu, atsindiye ku majwi asaga 70% y’amajwi yose yemewe muri rusange.






