Nyuma y’iminsi ibiri agize impanuka y’imodoka, umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Ykee Benda yatangaje ko ubu ameze neza. Iyo mpanuka yabaye ku wa Mbere, tariki ya 08 Ukuboza 2025, ubwo yari ari mu rugendo yerekeza mu karere ka Kyegegwa, mu Burengerazuba bwa Uganda.
Ykee Benda, ubusanzwe ni umuyobozi wa Mpaka Records. Ubwo yari kumwe n’inshuti ze ebyeri mu modoka berekeza i kyegegwa, aho byari bitegenyijwe gutaramira abafana be inshuro ebyeri ku munsi, mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Imodoka bari barimo yaje kugira impanuka.
Abari muri iyo modoka bose bararokoka, gusa bamwe bakomereka byoroheje. Amakuru yatangajwe nyuma y’impanuka yavugaga ko Ykee Benda yakomeretse ku rutugu, igitsintsino no ku kuboko kwi bumoso, mu gihe undi wari kumwe na we yakubise umutwe ku modoka akomereka bikomeye, ahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho n’abaganga ndetse akorerwe isuzuma (scan).

Nyuma y’iyo mpanuka, Ykee Benda yahaye ubutumwa abafana n’abakurikirana ubuzima bwe uko ameze, yavuze ko nyuma yo gukorerwa isuzuma ritandukanye n’abaganga b’inzobere, byagaragaye ko ameze neza. Yogeyeho ko yasubiye i Kampala (KLA) aho yivurije mu bitaro bya Mulago.
Mu butumwa bwe yagize ati: “Muraho neza nshuti zanjye. Hashize amasaha agera kuri 48 nkoze impanuka, ariko mureke dushimire Imana kuba yandize nkaba nkiri muzima. Nasubiye i Kampala, nagiye kwivuza ku baganga b’inzobere mu bitaro bya Mulago, kandi ibisubizo by’ibizami byose byagaragaje ko umutwe wanjye umeze neza, nta kuvira amaraso imbere mu mubiri byabayeho.”
Ykee Benda yashimiye byimazeyo inshuti ze, umuryango we n’abo bakorana ku bw’inkunga n’ubutumwa bw’ihumure bamugezagaho muri ibi bihe bikomeye arimo, avuga ko bwamuhaye imbaraga akumva akomeye ndetse akumva afite ihumure mu mutima we. Yanashimiye Imana yamutabaye, by’umwihariko ashimira cyane umugore we kubera imbaraga n’ubutwari yagaragaje.
Iyi ni impanuka ya kabiri kandi ikomeye uyu muhanzi arokotse, nyuma y’indi mpanuka yakoze mu Ugushyingo 2020, ubwo yari ari mu rugendo ari kumwe n’umuryango we. Icyayiteye iy’impanuka kikaba kitaramenyekana kugeza ubu.








