• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nyuma y’andi mahano, Yampano yatangaje ko yatangiye ubuzima bushya mu 2026

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 3, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma y’igihe amaze agarukwaho cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho yamuvugishije byinshi, umuhanzi Yampano yongeye kugaragaza ko agiye gutangira urugendo rushya rw’ubuzima bwe, ashimangira ko yahisemo amahoro n’kwiyubaka.

Mu minsi ishize, hari amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza ari kumwe n’umukobwa mu cyumba bivugwa ko ari icya hoteli. Uwo mukobwa yari yambaye ubusa buri buri. Ibi byongeye gukurura impaka n’ibitekerezo bitandukanye by’abakoresha imbuga nkoranyambaga, cyane ko byaje bikurikira andi mashusho yari yarabanje kumuvugisha aho yagaragaye ari gutera akabariro n’umugore we.

Umuhanzi Yampano yongeye kugaragara mu mashusho y’urukozasoni

Nubwo itangazamakuru ryagerageje kumenya icyo Yampano abivugaho, ntiyabashije kwitaba telefone ye. Icyakora, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashyize ahagaragara ubutumwa burimo amarangamutima menshi, agaragaza ko yanyuze mu bihe bikomeye mu mwaka wa 2025.

Yampano yavuze ko yahuye n’ihungabana ryatewe n’abantu yari afitiye icyizere, barimo inshuti ze n’uwo bakundanaga, agaragaza ko ibyo byamwigishije amasomo akomeye ku buzima. Mu butumwa bwe, yashimiye Imana yamubaye hafi muri ibyo bihe bikomeye, avuga ko ari yo yamuhaye imbaraga zo gukomeza no kwakira ukuri.

Yagize ati yinjira mu mwaka wa 2026 yiyumvamo impinduka nshya, aho yavuze ko yahisemo kuba wenyine kugira ngo abanze yiyiteho, yige ku byamubayeho, kandi yubake ubuzima bwe bushya bushingiye ku mahoro n’icyizere.

Ubutumwa bwe bwakiriwe mu buryo butandukanye n’abakunzi be, aho bamwe bamugaragarije inkunga n’ihumure, mu gihe abandi basabye ko abantu b’ibyamamare bahabwa umwanya wo kwikosora no kwiga ku makosa yabo nk’abandi bose.

Ubutumwa Yampano yashyize hanze bugaragaza ko yahindutse cyane

Ibi bibaye kandi mu gihe hakomeje inkuru zerekeye abantu batandukanye bakurikiranyweho uruhare mu gusakaza amashusho yamugaragayemo mbere, aho bamwe muri bo bari mu manza zijyanye n’ubujurire ku byemezo byafashwe n’ubutabera.

Ku ruhande rwe, Yampano agaragaza ko yahisemo kudatwarwa n’ibimuvugwaho, ahubwo akibanda ku rugendo rushya rwo kwiyubaka no gukomeza umwuga we w’umuziki. Abakunzi be bategereje kureba niba uyu mwaka mushya uzazana impinduka nziza mu buzima bwe no mu bikorwa bye bya muzika.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Shenseea yasesekaye i Kigali mu myiteguro y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

Next Post

Jennifer Lopez ashimangira kwigirira icyizere no kwisanzura mu myambarire ku rubyiniro rwa Las Vegas

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
17 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Jennifer Lopez ashimangira kwigirira icyizere no kwisanzura mu myambarire ku rubyiniro rwa Las Vegas

Jennifer Lopez ashimangira kwigirira icyizere no kwisanzura mu myambarire ku rubyiniro rwa Las Vegas

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka: Bangala yamaze gusinyishwa, Kwizera ari hafi gutangazwa

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka: Bangala yamaze gusinyishwa, Kwizera ari hafi gutangazwa

Imishinga ikomeye itegerejwe kugena icyerekezo cy’iterambere ry’u Rwanda guhera mu 2026

Imishinga ikomeye itegerejwe kugena icyerekezo cy’iterambere ry’u Rwanda guhera mu 2026

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.