Mu gihe itangazamakuru ryo mu Rwanda rikomeje kwiyubaka nk’umufatanyabikorwa wa Leta mu kugeza amakuru ku baturage, Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragaje ko iri koranabuhanga rishingiye ku bumenyi n’ubunyamwuga rikiri guhangana n’ikibazo gikomeye cy’amikoro.
Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026, ubwo yari yitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 20. Mu kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe amahirwe n’imbogamizi mu nzego zitandukanye, itangazamakuru ryashyizwe ku murongo nk’urwego rukora akazi kenshi ariko rudahabwa agaciro gahwanye n’umusanzu warwo.

Mutesi Scovia yagaragaje ko nubwo itangazamakuru rifasha Abanyarwanda gusobanukirwa politiki za Leta n’ibiganiro by’igihugu, ibigo byinshi by’itangazamakuru bigorwa no kubona ubushobozi bwo kwishyura abakozi, interineti n’ibindi bikoresho by’akazi ka buri munsi.
Yavuze ko akenshi abanyamakuru bakora ku mutima n’urukundo rw’umwuga, ariko ko ibyo bidahagije mu gihe hagomba kubaho imishahara, amahugurwa n’ibikoresho bigezweho. Yashimangiye ko itangazamakuru ridakwiye gufatwa nk’urwego rukora ku bushake, ahubwo nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi wa Leta ukwiye kugenerwa ingengo y’imari igaragara.
Uyu muyobozi yasabye ko habaho uburyo buhamye ibigo bya Leta byajya byishyura itangazamakuru ku kazi ribikorera, nk’uko bigenda no mu zindi nzego zifatwa nk’abafatanyabikorwa bemewe. Yagaragaje ko ibi byafasha itangazamakuru gukura mu mibare y’ubushobozi bucye ikomeje kugaragara mu bushakashatsi butandukanye.
Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) bwo mu 2024 bwerekanye ko igipimo cy’ubushobozi n’ubunyamwuga bw’itangazamakuru kiri kuri 60,7%, kikaba ari cyo cyaje inyuma ugereranyije n’izindi nzego. Ibi byerekana ko hakiri urugendo rurerure rwo guteza imbere itangazamakuru rishingiye ku bumenyi, ku bikoresho no ku mibereho myiza y’abarikora.
Ijambo rya Scovia Mutesi ryafashwe nk’irishyira mu ruhame ikibazo cyari gisanzwe kivugwa mu magambo make, ariko ubu rikaba ryashyizwe ku mugaragaro ku rwego rwo hejuru rw’igihugu, rishimangira ko itangazamakuru ridashobora gukomeza kuba inkingi ya demokarasi ridafite ubushobozi bwo kubaho.










