• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Mr KAGAME mu yindi isura: Indirimbo 28 nshya, intego yo kuba BIG 4 mu muziki

Impinga Media by Impinga Media
September 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Mr KAGAME

Mr KAGAME si izina rishya mu muziki nyarwanda. Yatangiye gukora muzika mu myaka irenga 10 ishize, aho yagiye akora indirimbo zagiye zikundwa cyane n’abakunzi b’umuziki.

Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma y’iminsi mike Mr KAGAME, agarutse mu Rwanda yongeye guca amarenga y’uko amazi atakiri ya yandi kuko ubu yatangiye gukora umuziki mu buryo bushya, anahishura ko afite intego ikomeye yo kubarirwa mu bahanzi 4 bakomeye mu Rwanda (BIG 4). Ibi yabigarutseho mu kiganiro The Barbershop Talk yagiranye na MC TINO, aho yavuze ko Abanyarwanda bakwiye kumwitegura mu isura nshya, mu mikorere mishya no mu mbaraga nshya.

Yabonye abafatanya bikorwa bashya.

Mr KAGAME si izina rishya mu muziki nyarwanda. Yatangiye gukora muzika mu myaka irenga 10 ishize, aho yagiye akora indirimbo zagiye zikundwa cyane n’abakunzi b’umuziki. Yamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeat, Dancehall ndetse n’Inganzo ishingiye ku muco nyarwanda.

Nubwo agarutse mu Rwanda, Mr KAGAME yavuze ko akomeje gukorana bya hafi na Black Market Records, inzu ifasha abahanzi ikorera muri Kenya ( ariko igiye gufungura icyicaro i Kigali mu Rwanda), aho bamufasha mu bijyanye no gucunga inyungu ze mu muziki no gutunganya ibikorwa bye.

Black Market Records ni label imaze kumenyekana cyane muri Afurika yo hagati n’iy’Uburasirazuba, ikaba imaze gufasha abahanzi batandukanye barimo Daddy Andre(Uganda), Rap Kabaka n’abandi. Iyi label imaze kugira uruhare rukomeye mu gufasha abahanzi kuzamura ibikorwa byabo mu ruhando mpuzamahanga, haba mu gutunganya indirimbo, amashusho, ndetse no kubafasha kubona isoko mu bihugu bitandukanye.

Kuri Mr KAGAME, gukorana na Black Market Records byamufashije kongera ubunyamwuga, gukorana n’abatunganya umuziki b’inzobere no kubona uburyo bwo kugeza umuziki we ku rwego mpuzamahanga.

Imbaraga nshya: indirimbo 28 nshya

Uyu muhanzi yavuze ko amaze gukora indirimbo 28 nshya, muri zo 10 zifite amashusho (videos). Ni ibikorwa byinshi yateguye mu gihe yari akibarizwa muri Kenya, kandi byose bakaba bateganya kubishyira hanze buhoraho kugira ngo abakunzi be babashe kubona impinduka nshya mu muziki we.

Ati: “Ngarutse mu Rwanda mfite umuvuduko mushya,…… Ubu gahunda ni ukwicisha umubu kinubi cyangwa nkawutega scania. Label yanjye (Black Market Records) iracyamfasha mu bijyanye n’iyamamazabikorwa no gucunga inyungu zanjye zose za muzika. Intego ni ukubarirwa muri BIG 4 y’abahanzi bakomeye mu gihugu.”

Umusanzu we ku muziki nyarwanda

Kuva mu myaka yatambutse, Mr KAGAME yagiye agaragaza ko afite ubushobozi bwo guhanga indirimbo zifite umwimerere kandi zishobora guhangana ku ruhando mpuzamahanga. 

Kuri ubu, kuba akomeje gukorana na Black Market Records bigaragaza ko afite gahunda ndende yo gukomeza gukora ku rwego mpuzamahanga ariko atibagiwe n’amasoko yo mu Rwanda.

Icyo abakunzi be bakwiye kwitega

Abakunzi ba Mr KAGAME bakwiye kwitega indirimbo nshya, amashusho mashya n’ibitaramo bishya, byose bitegurwa mu buryo bw’ubunyamwuga binyuze muri label imucunga. Ati:

“Umuziki wanjye si indirimbo gusa, ahubwo ni ugutanga ubutumwa, gukora ku mitima y’abantu no gushimisha abakunzi b’umuziki. Icyerekezo mfite ni ugusiga izina rikomeye mu muziki nyarwanda no kugira uruhare mu guteza imbere uru rwego.”

Indirimbo ziheruka za Mr Kagame

Share2Tweet1Send
Previous Post

Card B yateguje ibitaramo

Next Post

Dubai Porta Potty: Ubucuruzi bw’abakobwa bukorwa na Charles Mwesigwa

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
31 minutes ago

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bazwi ku rwego mpuzamahanga, Todd Galberth na Naomi Raine, batangaje ko u Rwanda...

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
22 hours ago

Abakunzi b’imyidagaduro n’urwenya baritegura ijoro ridasanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo hateganyijwe igitaramo cya Gen Z...

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Hari filime nshya iri gutegurwa igamije gusubiza mu ndorerwamo y’amateka imwe mu nkuru zibabaje ariko zinagaragaza ubutwari bukomeye bwabereye i...

Next Post
Dubai Porta Potty: Ubucuruzi bw’abakobwa bukorwa na Charles Mwesigwa

Dubai Porta Potty: Ubucuruzi bw'abakobwa bukorwa na Charles Mwesigwa

Teta Sandra na Weasel bongeye gukozanyaho

Teta Sandra na Weasel bongeye gukozanyaho

Injira mu rubanza rwa Minisitiri Nsabimana Ernest na Muganga Chantal

Injira mu rubanza rwa Minisitiri Nsabimana Ernest na Muganga Chantal

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.