Kevin kade yasobanuye impamvu, yavuye muri Iwacu na muzika festival 2025, yari umwe mu batoranyijwe muri ibyo bitaramo byamaze iminsi bizenguruka mu ntara zitandukanye cyane ko yari yitabiriye ibiganiro n’itangazamakuru akemeza ko azaba yarwambariye kandi n’imodokaye yari iriho ibirango byamamaza iwacu muzika festival 2025,
Kevin Kade mu ikiganiro yagiranye n’umyunyamakuru w’Impinga yavuze ko iyo igihugu kiguhamagaye witaba ati:” nabanje gususurutsa abanyarwanda baba hanze y’igihugu mu gikorwa cya Rwanda Convetion cyari cyateguwe n’abanyarwanda baba hanze na ambasade y’abanyarwanda iba muri Amerika bisobanuye ko bitari kunkundira ko ngaruka ngo mpite njya muri Iwacu muzika na festival2025.”
Akomeza avuga ko ubutaha zagaragaramo kuko ari igikorwa ngaruka mwaka kandi dufitanye imikoranire myiza ati:” Ntabwo ntekereza ko ari ubwanyu mbashije kuba nitesheje amahirwe muri Iwacu na muzika festival 2025, ikindi si ubwa mbere nari ngiye kuyikoramo no muri Covi-19 nigeze kuyikoramo.”
Abajijwe niba atarafashe umwazuru wo kujya muri Amerika kubera ko yari gufatirana amahirwe yo gufatira yo amashusho yashyize mu ndirimbo yasohoye yitwa nyanja yasubije agira ati:”Ntabwo amashusho yandutira abakunzi banjye, kampani zigira ukuntu zikora bitandukanye cyane ko haba hari umurongo w’amasezerano, ntabyo navuga ariko ndizera ko izindi zizaza zabona amahirwe yo gukoramo.
Yabajijwe niba ntawundi Muyobozi( Management) arabona yagize ati:” Oya, njye ndikorera ahubwo mfite abo dufatanyije mu kazi ka buri munsi ariko nta bayobozi( Rebo Management) fite.”
Yongeho ati:” Kugira ngo nkorane na Alikib n’igitekerezo cyavuye ku Bayobozi (Rebo Management) be, bashatse umuhanzi ufite imbaranga kandi arebwa cyane icyogeyo ukora ibintu bikuzwe, bahitamo njyewe ko twakorana ku byogera isoko. ntekerazako ari umuhanzi nkunda cyene ko mufataho ikitegererezo, rero gukotana nawe byafasha kuzamuara izna ryanjye ikindi atanyishyuje, rero mbonye ubutumwa bubisaba mpita fatira amahirwe.”
Yakomeje avuga ko bamaze gukora indirimbo yabaye iyambere yarembwe cyane mu gihugu cyabo cyane ko yabashije kugera ku mwanya wa gatatu, n’iyo ndirimbo y’umunyarwanda yabashije kugera ku mwanya wa gatatu mu gihugu cya Tanzania mu mateka y’u Rwanda kuko ntibarigera babikora kuko nta ndirimbo nyinshi zihuriweho n’abanyarwanda n’abatanzania zihari.
Muyandi makuru avugwa nuko Waboy wamamaye nka Yamano waririmbye indiri mbo yatumye amanyekana cyane “NGO” yahuriyemo na Papa Cyagwe, nuko yahamagawe mu Karere ka Ruhango, ngo ajye kuriramba mu birori bizwi nka mbayi mbayi biruhuko ( Bey bey vacancies) niyajya yo ahamagawe ntiyabasha guta telefoni.
Ariko amakuru Ahari n’uko yaje kuyitaba nyuma nka sakumi nebyiri ababwira ko imodoka yamupfiriho ari mu nzira ajyayo.