Uruzinduko rw’Umunyamerika Darren Watkins Jr., wamamaye cyane nka IShowSpeed, mu Rwanda rwabaye ikintu gikomeye cyagize ingaruka nziza zirenze uruzinduko rusanzwe, n’uruzinduko rwagaragaza imbaraga z’igihugu mu gukoresha imbuga nkoranyambaga nk’umuyoboro wo kwiyereka Isi.
IShowSpeed, umwe mu bantu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku rwego mpuzamahanga, yageze mu Rwanda mu rugendo rwaranzwe n’ibikorwa byahise bikurura abantu benshi, by’umwihariko urubyiruko rwo mu Rwanda no hanze yarwo. Uko yanyuzagamo ibikorwa bye, byahise bihinduka amahirwe akomeye yo kugaragaza isura nyayo y’u Rwanda nk’igihugu cyizewe, gifite umuco n’ubukerarugendo ndetse n’ubwiza nyaburanga.
Mu Majyaruguru y’igihugu, yasuye Pariki y’Igihugu mu birunga aho yajyiye gusura ingagi, anasura Gorilla Guardians Village. Ibyo bikorwa byagaragajwe nk’ibihamya by’uko u Rwanda rufite amategeko arengera ibidukikije kandi bifite umwimerere wabyo. IShowSpeed yasezeranyije abakunzi be ko azashyira hanze amashusho arambuye agaragaza uko urwo rugendo rwagenze, bikaba bitezweho gufasha kumenyekanisha ubwiza nyaburanga bw’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.
Akimara kuva mu Majyaruguru, yakomereje ibikorwa bye mu Mujyi wa Kigali, aho yasuye ahantu hatandukanye harimo Club Rafiki, Stade Amahoro na BK Arena. Ibyo bikorwa byaranzwe n’ishyaka ryinshi, imikino n’imyitozo ngororamubiri, kubyina ndetse no gukina basketball n’abafana, bigaragaza Kigali nk’umujyi utekanye.
ahagaragazwa nk’ahantu hakomeye mu mibereho ya Kigali, aho yishimiye kurya ibiryo nyarwanda birimo isombe, ubugali, pilau na brochette. Yanitabiriye kandi umukino wa arm wrestling, ibintu byarushijeho gukundwa n’abari bamukikije.
Mu gihe kingana n’amasaha abiri n’igice yamaze ari kuri live streaming, IShowSpeed yungutse abamukurikira bashya barenga ibihumbi 92, umubare urenze uwo yabonye mu bihugu yari yarasuye mbere. Ibi byafashwe nk’ikimenyetso simusiga cy’uko u Rwanda rukomeje kwigarurira imitima ya benshi ku mbuga nkoranyambaga, binyuze mu buryo butari ubwokwamamaza busanzwe.
Mu magambo ye, IShowSpeed yashimangiye ko u Rwanda ari igihugu cyiza cyane, avuga ko yisanzuye kandi yakiriwe neza. Yanatangaje ko ateganya kuzagaruka kuharuhukira, anongeraho ko yahaguze inzu, aho yagaragaje icyizere n’urukundo afitiye igihugu n’Abanyarwanda mu rusage.
Uru ruzinduko rufatwa nk’intambwe ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda ku Isi, cyane cyane mu rwego rwo kwamamaza ubukerarugendo, umuco n’ishusho y’igihugu binyuze ku mbuga nkoranyambaga zigera kuri za mamiliyoni z’abantu ku Isi hose.







