Umuhanzikazi Lisaa yongeye kwerekana ko ari umwe mu bakobwa bari kwiyubaka mu muziki Nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Ig Post”, indirimbo ihuza urukundo n’ibihe by’ikoranabuhanga.
Iyi ndirimbo iri mu njyana y’urukundo, ariko ikagira umwihariko wo kugaruka ku buryo abakundana bo muri iki gihe bagaragaza amarangamutima yabo binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Lisaa agaragaza ko urukundo nyarwo rutagomba kuguma mu ibanga, ahubwo rukwiye kwigaragaza nk’ikimenyetso cy’icyizere n’ishema hagati y’abakundana.
Mu “Ig Post”, Lisaa yifashisha inkuru y’umukobwa wifuza ko uwo bakundana atamuhisha, akamushyira ku mugaragaro nk’umuntu wamufashe ku mutima.
Indirimbo igaragaza ishusho y’urukundo rugaragazwa ku mbuga nka Instagram, aho “post” iba ikimenyetso cy’uko uwo mukundana aguhagazeho kandi atagushidikanyaho.
Uyu muhanzikazi avuga ko iyi ndirimbo itagamije gutegeka abantu uko bakundana, ahubwo igamije kubibutsa ko urukundo rushobora no kugaragazwa, cyane cyane mu gihe benshi bashaka kwizerwa no kwiyumvamo mu rukundo rw’iki gihe.
“Kwamamaza uwo ukunda si ukwiyerekana, ni ukwereka isi ko wishimiye uwo mufite,” ni ubutumwa bwumvikana muri iyi ndirimbo, bikaba ari imwe mu mpamvu zatumye ihuza n’urubyiruko ruri mu rukundo n’uruha agaciro imbuga nkoranyambaga.
Amashusho y’iyi ndirimbo yakozwe na John Elarts, aho yagerageje guhuza ubuzima busanzwe bw’urubyiruko n’ubutumwa bw’indirimbo, bigatuma “Ig Post” igaragara nk’inkuru isanzwe ariko ifite icyo ivuga ku mibanire y’abantu muri iki gihe.
“Ig Post” ifungura umwaka wa Lisaa mu muziki, igaragaza icyerekezo gishya cyo gukora indirimbo zishingiye ku buzima busanzwe n’amarangamutima y’abantu. Ni indi ntambwe igaragaza ko uyu muhanzikazi afite intego yo kwagura izina rye no gukomeza kwiyubaka mu muziki wo ku rwego ruri hejuru.







