Nyuma y’uko umu ririmbyi w’indirimbo zo kurumya no guhimbaza Imana Ishimwe Vestine, ubarizwa mu intsinda rwa Dorcas na Vestine, atanga amagambo akoye abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagarma, avuga ko abayeho mu buzima bubi kandi atabukwiye. Aline Ngahongayire, yahumurije byimbitse Vestine.
Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, aline Gahpngayire, yabwiye amagambo y’ihumure Ishimwe Vestine wo mu itsinda rya Vestine na Dorcas, ya mubwiye amagambo ashingiye ku gukomera ku Imana, yamenye no kwihangana agategereza umugambi w’Imana imufiteho.
Mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira kuri uyu wa kabiri, tariki ya 18 Ugushyingo 2025, Gahongayire, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yanditseho ubutumwa bw’ihumure abuherekeresha amafoto ya Ishimwe Vestina mu rwego rwo kugaragaza ko ayo magambo ari we yayageneye.

Ibi bibaye nyuma y’uko Vestine atangaje ko atamerewe neza, ni ubutumwa bwavugishije ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko afite agahinda n’umubabaro ukomeye bitewe n’umwanzuro yafashe mu buzima bwe, ndetse avuga ko urukundo rwamugizeho ingaruka zikomeye.
Vestine yanditse kuri Instagram agira ati: “Ubuzima mbayemo ntabwo ari bwo nahisemo. Ndi mu bihe bikomeye kandi sinari mbikwiye… Undi mugabo zajya gushaka zabanza mu menye neza, menye umuryango we, aho akomoka kandi nta nta mugabo uzogera kumbeshya ngo anyagirize ubuzima, nakuyemo isomo rikomeye.”
Gahongayire wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, mu butumwa yandiytse kuri Instagram yagize ati:” Nifatanyaje na Ishimwe Vestine muri ibi bihe bikomeye urimo, andetse amwifuriza kurindwa n’amaraso ya Yesu, ndetse amubwira ko ari ‘umunyamugisha.”

Gahongayire yagize ati: “Nishimiye gufata uyu mwanya, nka mukuru wawe mu rugendo rwo kuramya Imana, simpa agaciro imbaraga zose zirwanya imigambi y’Imana ku buzima bwawe. Ijambo ribi ryose ryavuzwe cyagwa rytekerejwe ku buzima bwawe, mbitesheje agaciro mu izina rya Yesu.
Gahongayire yaburiye Vestine ko kwiriye kujya ku mavi agasenga cyane ko ariho abaramyi bavana imbaranga, amubwira oko imbere ye ari henza kandi ko Yesu azacecekesha imiraba n’imiyanga.
Ati: “Ku mavi, aho ni ho hava inyegamo y’abaramyi, ujye ahahugira. Wowe komera kandi utekane. Yesu waguhaye ijambo rimwe, niwe uzaguha imbaraga(ijambo), zishobora gucecekesha imiraba yose ku buzima bwe.
Gahongayire akomeza yizeza Vestine, ko ejo hazazahe hari mu bingaza by’Imana, yaboneyeho gutangaza amagambo akomeye yahumurije benshi. Ati: “Nanze ikibi cyose cyakugirira nabi. Uubak, uzabyara, uzaheka, kandi uzaramya unahimbaza Imana. Wahawe ijambo kandi ryemejwe n’Uwaryivugiye.”

Uyu muhanzi yakomeje amwibutsa ko ari Imana yamuhagurukije, kandi ko ari ishema ry’urungano. Asoza amubwira ko intwaro zizagerageza ku murwanya izatazagira icyo imutwara, ati: “Guma mu maboko ya Papa w’ibyiza. Nta ntwaro zacuriwe ku kurwanya izagira icyo igutwara. Ndagukunda.”
Ubutumwa bwa Gahongayire bukomje guhumuriza benshi by’umwihariko abakunzi ba Vestine na Dorcas, kandi ibi bigaragaza uko umubano n’ubufatanye mu muziki w’u rwanda ukomeje kuba isoko y’ubufatanye, ihamure no kurwnirirana ishyaka mu bihe bikomeye no mu byiza.






